Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza uherutse kweguzwa agahita anatabwa muri yombi, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko, Umunyamategeko we yasabye ko urubanza rusubikwa kubera inzitizi yatanze yisunze ingingo ivuga ku cyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo.

Ni urubanza rwagombaga kuba kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ariko rusubikwa ku busabe bwa Me Nyangenzi Bonane wunganira uregwa.

Uyu wabaye Umuyobozi wagejewe ku cyicaro cy’Urukiko rwa Kicukiro arindiwe umutekano bidasanzwe, ntiyagejewe imbere y’Umucamanza ngo abanze gusomerwa ibyaha akurikiranyweho nk’uko bikorwa ku bandi bagiye kuburanishwa, ahubwo yahise abazwa niba yiteguye kuburana, ariko Umunyamategeko we avuga ko batiteguye.

Mu buryo budatomoye, Me Nyangenzi Bonane yabwiye Umucamanza ko bafite inzitizi ikwiye guhabwa ishingiro kugira ngo urubanza rusubikwe, avuga ko iyo nzitizi n’icyifuzo cyabo bishingiye ku ngingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryo muri 2018.

Iyi ngingo ifite umutwe ugira uti “Ikurikirana ry’icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo”, igira iti “Gukurikirana icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo ntibishobora kuba hatareze uwahemukiwe mu bashyingiranywe.

Uwahemukiwe ashobora gusaba guhagarika ikurikirana ry’urubanza, aho rwaba rugeze hose, iyo yisubiyeho akareka ikirego cye.

Icyakora, iyo dosiye yarangije kuregerwa urukiko cyangwa gufatwaho icyemezo, kwisubiraho ntibihita bihagarika isuzumwa ry’urubanza cyangwa irangiza ryarwo. Umucamanza arabisuzuma akaba yabyemera cyangwa akabyanga akanasobanura impamvu.”

Iyi nzitizi itavuzweho byinshi n’Ubushinjacyaha, bwabwiye Urukiko ko rwazayisuma nk’uko byasabwe n’uruhande rw’uregwa, ubundi rugafata icyemezo.

Mu isesengura rijyanye n’ibivugwa muri iyi ngingo, Urukiko ni rwo rufite mu biganza byarwo niba ruzakomeza kuburanisha uyu mugabo wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, cyangwa rugahagarika urubanza, gusa kuba dosiye yaramaze kuregerwa Urukiko, Umucamanza aba afite ububasha bwo kudaha agaciro ubu busabe, akemeza ko uregwa akomeza kuburanishwa.

Urukiko rwakiriye ubusabe bw’uregwa, bwahise bufata icyemezo cyo gusubika urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 09 Gicurasi 2025.

Nyuma yuko Ntazinda Erasme yari amaze kweguzwa akanatabwa muri yombi, havuzwe byinshi ku myitwarire ye itanoze yamurangaga, irimo ubushoreke anakurikiranyweho ubu mu Rukiko, ndetse ahanagaragaye amafoto y’umugore bivugwa ko bafitanye umubano wihariye.

Mu byavuzwe kandi, harimo ifoto y’uwo mugore “bafitanye umubano wihariye” yifotoje yicaye mu biro by’Akarere ka Nyanza, mu ntebe ya Ntazinda, aho uyu wayifotoje yanayisangije abantu ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook.

Ntazinda ubwo yagezwaga ku Rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    9 months ago

    Yewe munyamakuru we, muri iyi dosiye, niba uwahemukiwe atariwe wareze, ntakindi urukiko ruzakora uretse gufunga iyi case.

    Reply

Leave a Reply to Boniface Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 15 =

Previous Post

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

Next Post

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Related Posts

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
09/02/2026
0

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17...

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new digital identification registration has officially begun in Kigali, marking a major step in the nationwide rollout of the...

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

by radiotv10
08/02/2026
0

Abasirikare n'Abapolisi b'u Rwanda bongeye kwitabira amarushanwa rya UAE SWAT Challenge riri kubera i Dubai, muri Leta Zunze Ubumwe z'Abaruabu,...

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore...

IZIHERUKA

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC
MU RWANDA

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

09/02/2026
Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

08/02/2026
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.