Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza uherutse kweguzwa agahita anatabwa muri yombi, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko, Umunyamategeko we yasabye ko urubanza rusubikwa kubera inzitizi yatanze yisunze ingingo ivuga ku cyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo.

Ni urubanza rwagombaga kuba kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ariko rusubikwa ku busabe bwa Me Nyangenzi Bonane wunganira uregwa.

Uyu wabaye Umuyobozi wagejewe ku cyicaro cy’Urukiko rwa Kicukiro arindiwe umutekano bidasanzwe, ntiyagejewe imbere y’Umucamanza ngo abanze gusomerwa ibyaha akurikiranyweho nk’uko bikorwa ku bandi bagiye kuburanishwa, ahubwo yahise abazwa niba yiteguye kuburana, ariko Umunyamategeko we avuga ko batiteguye.

Mu buryo budatomoye, Me Nyangenzi Bonane yabwiye Umucamanza ko bafite inzitizi ikwiye guhabwa ishingiro kugira ngo urubanza rusubikwe, avuga ko iyo nzitizi n’icyifuzo cyabo bishingiye ku ngingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryo muri 2018.

Iyi ngingo ifite umutwe ugira uti “Ikurikirana ry’icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo”, igira iti “Gukurikirana icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo ntibishobora kuba hatareze uwahemukiwe mu bashyingiranywe.

Uwahemukiwe ashobora gusaba guhagarika ikurikirana ry’urubanza, aho rwaba rugeze hose, iyo yisubiyeho akareka ikirego cye.

Icyakora, iyo dosiye yarangije kuregerwa urukiko cyangwa gufatwaho icyemezo, kwisubiraho ntibihita bihagarika isuzumwa ry’urubanza cyangwa irangiza ryarwo. Umucamanza arabisuzuma akaba yabyemera cyangwa akabyanga akanasobanura impamvu.”

Iyi nzitizi itavuzweho byinshi n’Ubushinjacyaha, bwabwiye Urukiko ko rwazayisuma nk’uko byasabwe n’uruhande rw’uregwa, ubundi rugafata icyemezo.

Mu isesengura rijyanye n’ibivugwa muri iyi ngingo, Urukiko ni rwo rufite mu biganza byarwo niba ruzakomeza kuburanisha uyu mugabo wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, cyangwa rugahagarika urubanza, gusa kuba dosiye yaramaze kuregerwa Urukiko, Umucamanza aba afite ububasha bwo kudaha agaciro ubu busabe, akemeza ko uregwa akomeza kuburanishwa.

Urukiko rwakiriye ubusabe bw’uregwa, bwahise bufata icyemezo cyo gusubika urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 09 Gicurasi 2025.

Nyuma yuko Ntazinda Erasme yari amaze kweguzwa akanatabwa muri yombi, havuzwe byinshi ku myitwarire ye itanoze yamurangaga, irimo ubushoreke anakurikiranyweho ubu mu Rukiko, ndetse ahanagaragaye amafoto y’umugore bivugwa ko bafitanye umubano wihariye.

Mu byavuzwe kandi, harimo ifoto y’uwo mugore “bafitanye umubano wihariye” yifotoje yicaye mu biro by’Akarere ka Nyanza, mu ntebe ya Ntazinda, aho uyu wayifotoje yanayisangije abantu ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook.

Ntazinda ubwo yagezwaga ku Rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    2 months ago

    Yewe munyamakuru we, muri iyi dosiye, niba uwahemukiwe atariwe wareze, ntakindi urukiko ruzakora uretse gufunga iyi case.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

Next Post

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.