Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo abaturage batamenye bigatuma bakora ingendo ndende bajya gushaka indi mu kandi Karere, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari ibyo yakoze itabyemerewe bigatuma iba ifunzwe.

Iyi Farumasi yifashishwaga n’abasanzwe bafite ubwishingizi bita ko ari RAMA, bavuga ko nyuma yuko ifunzwe, iyo baje kwivuriza mu mavuriro ari muri aka gace, bishyura imiti 100% mu gihe yabafashafa kwishyura hakoreshejwe ubwishingizi.

Bavuga ko kugira ngo babone Farumasi baguriramo imiti, bibasaba kujya mu Karere ka Kayonza, ku buryo bibashyira mu bihombo byinshi.

Umwe wakoze urugendo akajya gushakira imiti i Kayonza avuye i Rukumberi, yagize ati “Amatike ni menshi cyane kandi umuntu aza nta no kumenya ngo ibintu bihagaze bite.”

Akomeza avuga ko batumva impamvu iriya farumasi yahagaze kandi n’amafaranga y’ubwishingizi bakaba bakomeje kuyakatwa ariko ntacyo bibamariye.

Ati “Tukamenya impamvu kandi amafaranga y’ubwishingizi tuzi ko buri kwezi bayadukata kuko nari nzi ko ndibuze nkakoresha RAMA nkuko bisanzwe nkataha none bambwiye ko ari ukujya kwigurira imiti 100%.”

Undi yagize ati “Kubona umuti kuri RAMA biragorana bigasaba ko umuntu ajya mu Karere ka Kayonza ni ibirometero byinshi cyane, hazamo ibihombo byinshi, amafaranga menshi y’urugendo kujya kugura imiti ukayigura Ijana ku Ijana kandi wakaswe amafaranga kandi RSSB ibifite mu nshingano kutuvuza urumva ko birimo igihombo.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa avuga ko hari ubugenzuzi bwakozwe bugasanga iyi farumasi yafunzwe hari ibyo yanyuranyije n’amabwiriza.

Ati “Ubu hari gukurikiranwa ko ibyo basabwe babishyira mu buryo kugira ngo bakomeze bakorera. Hagati aho abarwayi bakeneye izo serivisi bakoresha Farumasi z’Akarere ndetse n’izishobora kuba ziri ku Bitaro, ariko natwe turi kubafasha kugiran go byihute bidakomeza kubangamira mu kubona imiti cyane cyane iyunganiwe na RSSB ku bafite ubwo bwishingizi.”

Muri Farumasi umunani zibarizwa mu Karere ka Ngoma, imwe yonyine ni yo yakoranaga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, ku buryo abakoresha ubwishingizi bo muri aka Karere badashobora kubona indi baguramo imiti.

Aba baturage bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga y’ubwishingizi kandi bakishyura imiti 100%

Guverineri Rubingisa yabizeje ko iki kibazo kigiye gukemuka

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 10 =

Previous Post

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Next Post

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.