Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo abaturage batamenye bigatuma bakora ingendo ndende bajya gushaka indi mu kandi Karere, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari ibyo yakoze itabyemerewe bigatuma iba ifunzwe.

Iyi Farumasi yifashishwaga n’abasanzwe bafite ubwishingizi bita ko ari RAMA, bavuga ko nyuma yuko ifunzwe, iyo baje kwivuriza mu mavuriro ari muri aka gace, bishyura imiti 100% mu gihe yabafashafa kwishyura hakoreshejwe ubwishingizi.

Bavuga ko kugira ngo babone Farumasi baguriramo imiti, bibasaba kujya mu Karere ka Kayonza, ku buryo bibashyira mu bihombo byinshi.

Umwe wakoze urugendo akajya gushakira imiti i Kayonza avuye i Rukumberi, yagize ati “Amatike ni menshi cyane kandi umuntu aza nta no kumenya ngo ibintu bihagaze bite.”

Akomeza avuga ko batumva impamvu iriya farumasi yahagaze kandi n’amafaranga y’ubwishingizi bakaba bakomeje kuyakatwa ariko ntacyo bibamariye.

Ati “Tukamenya impamvu kandi amafaranga y’ubwishingizi tuzi ko buri kwezi bayadukata kuko nari nzi ko ndibuze nkakoresha RAMA nkuko bisanzwe nkataha none bambwiye ko ari ukujya kwigurira imiti 100%.”

Undi yagize ati “Kubona umuti kuri RAMA biragorana bigasaba ko umuntu ajya mu Karere ka Kayonza ni ibirometero byinshi cyane, hazamo ibihombo byinshi, amafaranga menshi y’urugendo kujya kugura imiti ukayigura Ijana ku Ijana kandi wakaswe amafaranga kandi RSSB ibifite mu nshingano kutuvuza urumva ko birimo igihombo.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa avuga ko hari ubugenzuzi bwakozwe bugasanga iyi farumasi yafunzwe hari ibyo yanyuranyije n’amabwiriza.

Ati “Ubu hari gukurikiranwa ko ibyo basabwe babishyira mu buryo kugira ngo bakomeze bakorera. Hagati aho abarwayi bakeneye izo serivisi bakoresha Farumasi z’Akarere ndetse n’izishobora kuba ziri ku Bitaro, ariko natwe turi kubafasha kugiran go byihute bidakomeza kubangamira mu kubona imiti cyane cyane iyunganiwe na RSSB ku bafite ubwo bwishingizi.”

Muri Farumasi umunani zibarizwa mu Karere ka Ngoma, imwe yonyine ni yo yakoranaga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, ku buryo abakoresha ubwishingizi bo muri aka Karere badashobora kubona indi baguramo imiti.

Aba baturage bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga y’ubwishingizi kandi bakishyura imiti 100%

Guverineri Rubingisa yabizeje ko iki kibazo kigiye gukemuka

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − one =

Previous Post

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Next Post

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.