• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse gutangazwa ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ko bishimangirwa no kuba uyu munsi bahuriye mu nama imwe no mu kiganiro bakaba bicaranye begeranye.

Ubwo imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 na Leta ya DRC yari ikarishye ubwo hafatwaga Umujyi wa Goma, Perezida Paul Kagame na mugenzi we Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bagize icyo bavuga ku ngabo za Afurika y’Epfo zari ziri mu butumwa bwa SADC.

Umukuru w’u Rwanda yavugaga ko Ibihugu bitari bikwiye kohereza ingabo zijya gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo bwariho burwanya abanyagihugu b’iki Gihugu bunakorana n’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibyo Umukuru w’u Rwanda yatangazaga kandi, byaje kugaragara ko ari ko bikwiye kugenda, kuko umuryango wa SADC waje gufata icyemezo cyo guhagarika buriya butumwa ndetse ubu ingabo zawo zari muri Congo zikaba zaratangiye gutaha zinanyuze mu Rwanda rwazemereye inzira, ndetse n’ejo hashize hakaba hari izatashye.

Ni mu gihe icyo gihe Perezida wa Afurika y’Epfo, na we yatangazaga ibindi byumvikanaga ko bitari mu murongo w’uko u Rwanda rwabibonaga, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame baba baragiranye ibibazo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 ubwo Perezida Paul Kagame na mugezi we Cyril Ramaphosa batangaga ikiganiro mu Ihuriro Africa CEO Forum muri Côte d’Ivoire, Perezida wa Afurika y’Epfo yatanze umucyo ku bakeka ko hagati ye na Perezida Kagame haba harimo ikibazo, avuga ko ntakibazo na gito gihari.

Yariho yuzuza ku byari bimaze gutangazwa na Perezida Kagame ku mbaraga ziri gukoreshwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ramaphosa yagize ati “Ndifuza kuzuza aho kunyuranya n’ibyo Perezida Kagame avuga, ibiganiro biri gukorwa ku rwego rw’Umugabane yaba ibiganiro bya Nairobi cyangwa ibiganiro bya Luanda ndetse n’ibiganiro by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, byabaye umusingi w’ingenzi mu kubaka amasezerano y’amahoro ndetse no kugarura icyizere, kugeza ku mishyikirano yemeranyijweho y’agahenge hagati y’impande zihanganye kugeza no gucyura ingabo za SADC nk’uko turi kuzicyura.”

Akomeza agaruka ku byatangajwe kuri izi ngabo, byanatumye hari abakeka ko hagati ye na Perezida Kagame havutse igitotsi, ati “Abantu bashobora gukeka ko hagati ya Kagame na njye harimo amakimbirane, bamwe muri mwe hari n’abakeka ko niduhura haza guturika ibishashi kandi murabibona ko twicaye twegeranye.” Uwari uyoboye ibigabiro yahise anasaba abari mu cyumba kigari cyaberagamo ibi biganiro kwishimira kubona aba Bakuru b’Ibihugu byombi bicaranye, ndetse na bo bahita bakoma amashyi.

Perezida Cyril Ramaphosa yakomeje avuga ko kuba Igihugu cye cyari cyohereje ingabo muri buriya butumwa bwa SADC byanatumye hazamuka ako gatotsi, cyari kigamije gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba, ariko ko cyo n’ibindi bihuriye muri SADC, byabonye ko hari izindi nzira zakoreshwa atari iz’imbaraga za gisirikare, kandi ko ziri gutanga umusaruro.

Yavuze ko ibi byose bigenda bigaragaza ko ibisubizo by’ibibazo bya Afurika bigomba kuva muri uyu Mugabane ubwawo, kandi ko n’ibisubizo by’ibibazo byo muri Congo bizava mu Banyafurika.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko ntakibazo kiri hagati ye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Next Post

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.