Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu byabo.
Umukuru w’u Rwanda ari i Abidjan kuva kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 aho yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika mu nama ihuza Abayobozi Bakuru b’Ibigo by’Ubucuruzi izwi nka Africa CEO Forum.
Perezida Kagame yaboneyeho guhura n’abayobozi batandukanye, barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be, barimo Perezida Alassane Ouattara w’iki Gihugu cya Côte d’Ivoire cyakiriye iyi nama.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, bivuga ko “Abakuru b’Ibihugu byombi baganiriye ku buryo bwo gikomeza guha imbaraga umubano mwiza ubyara inyungu usanzwe hagati y’u Rwanda na Côte d’Ivoire mu ngeri zinyuranye.”
Perezida Kagame kandi yanahuye na mugenzi we wa Mauritania, Mohamed Ould Ghazouani na we baganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire by’Ibihugu byombi.
Umukuru w’u Rwanda yanahuye ndetse anagirana ibiganiro n’abandi bayobozi b’ibigo bitandukanye, barimo Amir Ben Yahmed, Umuyobozi Mukuru wa Jeune Afrique Media Group, yanagize uruhare mu mitegurire y’iyi Nama ya Africa CEO Forum.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame na Amir Ben Yahmed “Baganiriye ku mikoranire y’iyi sosiyete n’u Rwanda ku nama itaha ya Africa CEO Forum izabera i Kigali.”
Perezida Kagame kandi yanahuye na Makhtar Diop, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Imari, International Finance Corporation, na we baganiriye ku mikoranire yacyo n’u Rwanda mu bijyanye n’iterambere ry’Ubukungu.
Muri iyi nama yafunguywe ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame uri no mu batanze ikiganiro, yagarutse ku gushyira hamwe k’Umugabane wa Afurika, ari ko kuzawufasha guhangana n’ibibazo byose byaza biwototera.
Ubwo yasubizaga ku kibazo yari abajijwe ku kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yarafashe icyemezo cyo kuzakuriraho Afurika inkunga, Perezida Kagame yavuze ko uyu Mugabane udakwiye kugendera ku byatangazwa cyangwa ibyemezo byafatwa n’uwo ari we wese, ahubwo ko ugomba kubanza kwirebaho ubwaho, ugakora ibiri mu bushobozi bwawo kandi ko ufite amahirwe ahagije.
Yagize ati “Ntabwo dukwiye gukomeza kurambiriza ku byo abandi bariho bavuga, bariho bakora kuri twe, dukwiye gutahiriza umugozi umwe ndetse tukanakorana n’ibindi Bihugu bifite aho bigeze bishobora kuduha ibyo dukeneye na byo tukabiha ibyo bikeneye.”
Perezida Kagame yagaragaje ko gushyira hamwe no guhuza ingamba hagati y’Ibihugu bigize Umugabane wa Afurika ari byo bizawufasha kugera ku ntego zawo, no kubasha guhangana n’ibibazo bigenda bivuka bitewe n’imiterere y’uko ibihe bigenda bihinduka.






RADIOTV10