• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

radiotv10by radiotv10
13/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika bikwiye kurwigiraho kugira ngo bibashe kugera ku iterambere rirambye.

Bassirou Diomaye Faye yabitangarije i Abidjan muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi 2025 ubwo hafungurwaga ku mugaragaro inama ya Africa CEO Forum ya 2025.

Muri iyi nama yiga ku bukungu n’ibikwiye gushyirwamo imbaraga kugira ngo Umugabane wa Afurika urusheho guteza imbere ubukungu bwawo n’ubw’abawutuye, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, mu kiganiro yatanze, yavuze ko iterambere rirambye rikwiye kugerwaho hifashishijwe ikoranabuganga rigezweho, kandi rigashyirwa mu bikorwa remezo byo musingi w’iterambere.

Ati “Kandi rero dufite Igihugu cy’indashyikirwa ku Mugabane wa Afurika mu bijyanye n’Ibikorwa Remezo, icyo Gihugu mvuga ni u Rwanda. Ni kimwe mu byashyize mu bikorwa ibyo turiho tuganira nonaha.”

Bassirou Diomaye Faye wanatanze urugero rw’Igihugu cya Estonia, yakomeje avuga ko Afurika ikeneye guteza imbere ikoranabuhanga nk’ibi Bihugu byombi birimo u Rwanda ndetse n’iki cyo ku Mugabane w’u Burayi.

Ati “Bizadufasha kugera ku iterambere ryihuse, mbona ko mu Bihugu byinshi dukeneye serivisi zitandukanye zikwiye gutangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.”

Perezida Paul Kagame na we watanze ikiganiro muri iyi nama, yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite amahirwe menshi, kandi ahora avugwa, ariko ko igihe kigeze ngo abyazwe umusaruro, aho kuyahoza mu mvugo.

Yagize ati “Duhora tuvuga amahirwe ari ku Mugabane wacu, ariko iyo dusuzumye ibiva muri ayo mahirwe, hazamo ikibazo kandi ibyo ni twe bigiraho ingaruka nk’Umugabane nk’abaturage b’uyu Mugabane.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Ibihugu by’uyu Mugabane wa Afurika bikwiye gutahiriza umugozi umwe, kandi bikagira ijwi rimwe kuri gahunda zigamije iterambere ryawo n’iry’abawutuye.

Bassirou Diomaye Faye yatanzeho u Rwanda urugero rw’isomo rikwiye kwigirwa ku Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 10 =

Previous Post

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Next Post

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.