Ikipe ya FC Barcelone yegukanye ikikombe cya Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Espagne mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, igitwara mucyeba wayo Real Madrid inaherutse kunyagira ibitego 4-3.
FC Barcelona yegukanye iki Gikombe cya Shamiyona nyuma yo gutsinda umuturanyi Espagnol, gihita kiba igikombe itwaye ku nshuro ya 28.
Ikipe ya FC Barcelona itozwa na Hans Flick yegukanye igikombe cya 28 cya shampiyona ya Espagne bibasabye iminsi 272 gusa dore ko uru rugendo rwatangiye ku ya 15 Nzeri 2024.
Nubwo iyi kipe yegukanye iki gikombe, ni umwaka yatangiranye ibibazo by’amikoro ndetse no kubura uruhushya rwo kwandikisha bamwe mu bakinnyi barimi Dani Olmo na Pau Victor, gusa umutoza Hans Flick arapfundikanya kugeza ubwo urukiko rwa Siporo muri Espagne rwatanze uruhushya kuri FC Barcelona rwo kwandikisha abakinnyi mu mpera za 2024.
FC Barcelona Kandi uyu mwaka wa 2024-2025 yabashije gutsinda mucyeba wayo Real Madrid imikino yombi byabongereye imbaraga bigatuma bashyiramo ikinyuranyo cy’amanota menshi.
Si Shampiyona batwaye gusa uyu mwaka, iyi kipe yanegukanye igikombe cyiruta ibindi (super cup) itsinze mucyeba ndetse n’igikombe cy’umwami nacyo batwaye batsinze Real Madrid.
Biteganyijwe ko ibikombe byose batwaye n’iyi kipe ya FC Barcelona biza kwerekwa abafana kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Gicurasi 2025 guhera saa 17H00 kugeza saa 21H00 ku masaha y’i Kigali mu Rwanda.
Aime Augustin
RADIOTV10