Friday, May 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha
Share on FacebookShare on Twitter

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, kandi bombi bishimiye intambwe iri guterwa mu nzira ziganisha ku masezerano y’amahoro ateganyijwe gusinywa.

Yavuze kandi ko Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America itegereje kwakira ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi bizavamo amasezerano y’amahoro yitezwe gusinywa hagati y’u Rwanda na DRC.

Massad Boulos yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, mu kiganiro bagiranye i Washington kuri uyu wa kane tariki 15 Gicurasi 2025.

Yavuze ko hakiri ibigomba kunozwa ndetse n’ibigomba kongerwa mu mbanzirizamushinga z’aya masezerano, ariko ko yizeye ko bizaba byakozwe mu byumweru bicye biri imbere.

Boulos yavuze ko kuri uyu wa Kane yavuganye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo bagire ibyo banoza, kandi ko bombi bishimiye intambwe iri guterwa.

Yagize ati “Ni ibintu byo kwishimira ku byatangajwe na bombi. Bombi barifuza gukorana natwe ndetse na Qatar ndetse na Afurika Yunze Ubumwe mu rwego rwo kugera ku muti uzazana amahoro arambye.”

Mu ntangiro z’uku kwezi, Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, zombi zatanze imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bigomba kuza mu masezerano y’amahoro ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi muri ubu buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Massad Boulos yavuze ko kandi Ibihugu byombi byanakomeje gukora ku minshinga igomba kuzavamo aya masezerano. Ati “Dutegereje ibitekerezo bya nyuma by’impande zombi.”

Yakomeje agira ati “Igihe tuzaba turangije ibiganiro bya nyuma nk’uko byakozwe mbere, Umunyamabanga Rubio yiteguye kubakira bombi [Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC]. Rero twizeye ko ibi bizarangira vuba mu byumweru bicye biri imbere.”

Boulos yavuze ko nta gihe runaka yavuga ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazagira i Washington.

Mu ntangiro z’uku kwezi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zatanze imbanzirizamushinga z’amasezerano agomba kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Yavuze kandi ko we na mugenzi we wa Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner; bazongera guhurira muri Leta Zunze Ubumwe za America mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi, kugira ngo banonosore iby’ariya masezerano, ubundi azashyirweho umukono na Perezida Kagame na Tshisekedi mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu biro by’Umukuru w’Igihugu cya US-White House, uzayoborwa na Perezida Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Next Post

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Related Posts

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

Menya amafaranga azakoreshwa mu kubaka Icyicaro Gikuru gishya cya RIB

by radiotv10
16/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ishoramari rya Miliyari 26,5 Frw mu mushinga wo kuba Ibiro bishya by’Icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha...

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

by radiotv10
15/05/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 14 bakekwaho ubujura bwa telefone, zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, runasubiza telefone 332 ba...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

16/05/2025
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.