• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

radiotv10by radiotv10
16/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo mu mutwe, amuhoye kuba yari yanze kumwishyura ibiceri 300 Frw by’icupa rimwe yari amaze kwisengerera.

Ukekwaho uruhare mu rupfu rwa mugenzi we, ni Francois w’imyaka 42, mu gihe nyakwigendera ari Muhaturukundo Eliab, witabye Imana kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, nyuma y’ubushyamirane bwabereye mu Mudugudu wa Gahondo mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi.

Abahaye amakuru ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha iyi nkuru, bavuze ko nyakwigendera yari yanze kwishyura ibiceri 300 Frw by’icupa ry’iyo nzoga yari amaze kunywa, bikazamurira umujinya Francois.

Uyu Francois ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, yahise yinyabya mu rugo iwe, azana inyundo, ubundi ayikubita mu mutwe Eliab, arakomereka bikabije.

Uyu nyakwigendera wavaga amaraso menshi, yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kabutare, ariko biba iby’ubusa aza guhita yitaba Imana kuko yari yavuye amaraso menshi.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney, wavuze ko nyakwigendera yari yababaye cyane, agahita “ajyanwa ku Bitaro bya Kabutare, nyuma igikomere kiramuhitana arapfa.”

Amakuru avuga ko uyu Francois ukekwaho kwivugana mugenzi we, n’ubundi nta gihe kinini gishize afunguwe, aho n’ubundi yari yafungiwe ibikorwa by’urugomo.

Nyuma yuko atawe muri yombi, uyu mugabo wari umaze igihe gito acururiza muri uyu Murenge wa Kinazi aho yaje aturutse mu Murenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rusatira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 19 =

Previous Post

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Next Post

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.