Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza ko amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRCongo, agerwaho byihuse, kandi ko uko ibiganiro biri kugenda bitanga icyizere.

Troy Fitrell uyobora ishami rya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya US, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, cyagarutse ku biganiro biri kuba hagati y’u Rwanda na DRCongo, bibifashijwemo na America ndetse n’indi Miryango mpuzamahanga nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe-AU (African Union).

Yatangaje ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC, biri kugenda neza, kandi ko hari ibiri kugenda bigerwaho mu ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Navuga ko abantu baramutse bategereje ko hagerwa ku mahoro yuzuye, byasaba ko dutegereza imyaka 30. Imwe mu ntambwe ishimishije mu biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no kuba impande zombi zaradusabye kubigiramo uruhare, ni uko dukomeje kubasaba ko byihuta. Ntabwo dutekereza ko byasaba amezi atandatu cyangwa umwaka kugira ngo bikorwe. Turifuza ko umusaruro ugerwaho byihuse. Kandi kugeza ubu, ibintu biri kugenda muri iyi nzira.”

Troy Fitrell yakomeje avuga ko ibiganiro biri kuyobora na America bishingira ku bindi byabaye mbere birimo ibya Nairobi n’iby’i Luanda ndetse n’ibya Qatar biriho bikorwa.

Ati “Akazi keza kari gukorwa kugira ngo ibintu byose bihuzwe. Nta makimbirane ari kuba hagati yabo. Hari ubushake buhuriweho bwo kugira ngo hagerwe ku ntego imwe.”

Yakomeje avuga ko kugera ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizagirira inyungu impande zombi, ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yasubizaga ku kuba hari habanje kubaho ubushake bw’Igihugu cya DRC cyifuzaga ko ibibazo bikemurwa binyuze mu nzira z’intambara, aho yavuze ko ubu buryo atari bwo bukwiye gushakwamo umuti.

Ati “Ubu icyatanga umusaruro mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ni uko ubu ntakintu gihenze cyangwa kitatanga umusaruro nk’intambara. Guteza imbere ubukungu ni byo by’ingenzi ku mpande zombi kandi zikabyungukiramo zombi mu bijyanye n’ubukungu n’amahoro, kandi ni yo moteri ya byose.”

Yavuze ko kugira ngo ubukungu bw’ibi Bihugu burusheho kuzamuka ndetse n’imikoranire yabyo n’amahanga nka US, ari uko mu karere haba hari amahoro n’umutekano, bityo ko igihe amahoro azaba yabonetse, bizoroshya imikoranire mu bukungu hagati yabyo na Leta Zunze Ubumwe za America.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ziherutse gutanga imishinga y’ibyo zifuza ko bigomba kujya mu masezerano y’amahoro ateganyijwe gushyirwaho umukono n’abakuru b’Ibihugu byombi, mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, muri White House.

Hategerejwe kandi ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC, bongera guhurira muri America, kugira ngo banonosore umushinga w’amasezerano y’amahoro, mbere yuko Abakuru b’Ibihugu bawushyiraho umukono.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + six =

Previous Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Next Post

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Related Posts

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

by radiotv10
17/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Nyamyumva na Kanzenze mu Karere ka Rubavu, bavuga ko abashumba bakomeje kuboneshereza imyaka...

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

IZIHERUKA

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka
MU RWANDA

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

17/10/2025
Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Ikibazo cyavuzwe hagati y’abashumba n’abahinzi muri Rubavu gikomeje kuba agatereranzamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.