Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza ko amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na DRCongo, agerwaho byihuse, kandi ko uko ibiganiro biri kugenda bitanga icyizere.

Troy Fitrell uyobora ishami rya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya US, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, cyagarutse ku biganiro biri kuba hagati y’u Rwanda na DRCongo, bibifashijwemo na America ndetse n’indi Miryango mpuzamahanga nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe-AU (African Union).

Yatangaje ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na DRC, biri kugenda neza, kandi ko hari ibiri kugenda bigerwaho mu ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Navuga ko abantu baramutse bategereje ko hagerwa ku mahoro yuzuye, byasaba ko dutegereza imyaka 30. Imwe mu ntambwe ishimishije mu biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse no kuba impande zombi zaradusabye kubigiramo uruhare, ni uko dukomeje kubasaba ko byihuta. Ntabwo dutekereza ko byasaba amezi atandatu cyangwa umwaka kugira ngo bikorwe. Turifuza ko umusaruro ugerwaho byihuse. Kandi kugeza ubu, ibintu biri kugenda muri iyi nzira.”

Troy Fitrell yakomeje avuga ko ibiganiro biri kuyobora na America bishingira ku bindi byabaye mbere birimo ibya Nairobi n’iby’i Luanda ndetse n’ibya Qatar biriho bikorwa.

Ati “Akazi keza kari gukorwa kugira ngo ibintu byose bihuzwe. Nta makimbirane ari kuba hagati yabo. Hari ubushake buhuriweho bwo kugira ngo hagerwe ku ntego imwe.”

Yakomeje avuga ko kugera ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizagirira inyungu impande zombi, ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America.

Yasubizaga ku kuba hari habanje kubaho ubushake bw’Igihugu cya DRC cyifuzaga ko ibibazo bikemurwa binyuze mu nzira z’intambara, aho yavuze ko ubu buryo atari bwo bukwiye gushakwamo umuti.

Ati “Ubu icyatanga umusaruro mu gushaka amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ni uko ubu ntakintu gihenze cyangwa kitatanga umusaruro nk’intambara. Guteza imbere ubukungu ni byo by’ingenzi ku mpande zombi kandi zikabyungukiramo zombi mu bijyanye n’ubukungu n’amahoro, kandi ni yo moteri ya byose.”

Yavuze ko kugira ngo ubukungu bw’ibi Bihugu burusheho kuzamuka ndetse n’imikoranire yabyo n’amahanga nka US, ari uko mu karere haba hari amahoro n’umutekano, bityo ko igihe amahoro azaba yabonetse, bizoroshya imikoranire mu bukungu hagati yabyo na Leta Zunze Ubumwe za America.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ziherutse gutanga imishinga y’ibyo zifuza ko bigomba kujya mu masezerano y’amahoro ateganyijwe gushyirwaho umukono n’abakuru b’Ibihugu byombi, mu muhango biteganyijwe ko uzabera mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, muri White House.

Hategerejwe kandi ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na DRC, bongera guhurira muri America, kugira ngo banonosore umushinga w’amasezerano y’amahoro, mbere yuko Abakuru b’Ibihugu bawushyiraho umukono.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Next Post

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.