Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo gusezererwa, hazamutse impaka muri iki Gihugu, aho bamwe bavuga ko ari gutegurwa kugira ngo acirwe inzira z’indi myanya ikomeye, abandi bakavuga ko yaba afitanye ibibazo na Perezida.

Gervais Ndirakobuca usanzwe ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri 2022 ubwo yasimburaga Gen Alain Guillaume Bunyoni wari umaze gukurwaho kubera ibyo yashinjwaga ndetse ubu akaba abifungiye, yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru n’Iteka rya Perezida wa Repubulika ryo ku ya 19 Gicurasi 2025.

Uyu wigeze kuba Minisitiri w’Umutekano n’Iterambere ry’Abaturage, yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru muri Polisi y’u Burundi, mbere y’igihe kigenwa n’itegeko.

Uku kuruhutswa ataruzuza imyaka iteganywa n’itegeko, kwatumye hazamuka impaka mu Barundi hagati y’abakoresha imbuga nkoranyambaga, batakuvugaho rumwe.

Bamwe bari kuvuga ko uyu mugabo uzwi mu nzego nkuru z’umutekano mu Burundi, yaba agiye guhabwa umwanya ukomeye akaba ari na byo byatumye ajyanwa mu kiruhuko cy’izabukuru mbere y’igihe.

Umwe yanditse kuri X [Twitter] ati “Ashobora kuyobora Inteko Ishinga Amategeko. Byaba bihuriranye cyane, iminsi izabitwereka.”

Undi na we yanditse kuri Facebook ati “Uyu mumwitege ko agiye kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, muzaba mumbwira.”

Hari n’abavuga ko Genera Gervais Ndirakobuca yaba agiye kuyobora Ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD, cyangwa akaba ari gutegurwa kugira ngo aziyamamaze mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2027.

Ukoresha izina rya Ngendakumana kuri Facebook, yagize ati “Tugiye kumuha kuyobora Ishyaka, ubundi tuzahite tumugira umukandida, duhite tumutorera kuba Perezida. Turi kubyiga neza.”

Ni mu gihe kandi hari n’abavuga ko yaba afitanye ibibazo na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, ndetse ko ashobora na we gutabwa muri yombi, nka General Bunyoni yasimbuye.

Uwitwa Zuberi kuri Facebook, yagize ati “Bunyoni agiye kubona uwo bazajya baganira. Gusa ni we utumye u Burundi bugora kububamo ku bwo guhagarika amagare na za moto.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

Next Post

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

Related Posts

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru
IBYAMAMARE

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.