• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Martin Ngoga wagize imyanya inyuranye mu nzego Nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres impapuro zo guhagararira iki Gihugu muri uyu Muryango.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025 nk’uko tubikesha Ibiro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ibiro by’Uhagarariye u Rwanda muri UN, byagize biti “Uyu munsi Ambasaderi Martin Ngoga, Uhagarariye Repubulika y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye mushya, yashyikirije impapuro ze Umunyamabanga Mukuru wa UN, António Guterres.”

Amb. Martin Ngoga ubwo yashyikiriza António Guterres izi mpapuro, yavuze ko izi nshingano aje gutangira yazoherejwemo na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Yagize ati “Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yangize Ambasaderi ndetse n’Uhagarariye Repubulika y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, nkuzaniye kandi intashyo za Perezida, iza Guverinoma ndetse n’iz’Abanyarwanda.”

Hon. Martin Ngoga kandi yaboneyeho kwizeza Umunyamabanga Mukuru wa UN, kuzakorana neza ndetse n’abandi bose bagize Umuryango mugari wa LONI.

Martin Ngoga wari usanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, agiye gusimbura Ernest Rwamucyo warangije inshingano ze muri Werurwe uyu mwaka wa 2025.

Uyu uhagarariye u Rwanda muri UN mushya, Hon. Martin Ngoga, yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda, nko kuba yarabaye Umushinjacyaha Mukuru, ndetse akaba yarabaye umwe mu Badepite bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Abibumbye.

Ni umunyamategeko wabyigiye akabiminuza, akaba asanzwe azwi no mu nzego za Siposo, dore ko anaherutse kongera gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) gashinzwe imyitwarire.

Naho Amb. Ernest Rwamucyo asimbuye, yari yahawe izi nshingano muri 2023, icyo gihe yari asimbuye Amb. Claver Gatete wari wagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo ya LONI, ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA), n’ubu akiriho.

Ubwo Martin Ngoga yajyaga gushyikiriza SG wa UN impapuro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Next Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.