Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda wari urimo igitotsi, yajyaga ahurira mu nama na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akamugarariza ubushake ko yifuza ko ibi Bihugu bibana neza, ndetse akamusaba kumuramukiriza mugenzi we Nkurunziza.

Gaston Sindimwo yabaye Visi Perezida w’u Burundi kuva muri 2015 kugeza muri 2020, ku ngoma y’ubutegetsi bwa nyakwigendera Pierre Nkurunziza. Ni imyaka yaranzwe n’umwuka utari mwiza mu mubano w’u Burundi n’u Rwanda.

Muri ibyo bihe u Burundi bwashinjaga u Rwanda ibinyoma ko rwagize uruhare mu gikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, ariko u Rwanda rukaba rwarabihakanye kenshi.

Gaston Sindimwo avuga ko muri ibyo bihe nubwo u Burundi bwavugaga ko bufite ikibazo ku Rwanda, Perezida Paul Kagame we atahwemye kugaragaza ubushake ko yifuzaga ko ibi Bihugu by’ibituranyi bibana neza.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa African TV, Gaston Sindimwo wagarukaga ku gitotsi cyongeye kuza mu mubano w’ibi Bihugu muri ibi bihe, yavuze ko imibanire yabyo yakunze kugenda ihindagurika.

Sindimwo wavuze ko nko muri iki gihe, hari hagaragaye ibimenyetso by’uko umubano ugiye gusubira mu buryo, ariko bikaba bitarakunda, ku buryo we atumva ikibura, kuko asanzwe azi ko Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, ahorana ubushake bwo gutuma Igihugu ayobora kibana neza n’abaturanyi.

Yatanze urugero rw’igihe yari akiri Visi Perezida w’u Burundi, avuga ko atari rimwe cyangwa kabiri yagiye ahura na Perezida Paul Kagame mu nama, ndetse akamwegera bakaganira, akishimira uburyo uyu Mukuru w’u Rwanda yagaragazaga ubushake bwiza.

Yagize ati “Amafoto menshi mwabonye mpagararanye na Kagame, abandi bakantuka, naragendaga nkamubwira kuko njye ntabwo mba niteguye guhunga umuntu, nakwifuje ko tuvugana, nkamubwira ikibazo, njye yarantumaga kuramutsa Umukuru w’Igihugu [Pierre Nkurunziza], akantuma ati ‘Nugera i Burundi umundamukirize’ kandi rwose nasohozaga ubutumwa.”

Akomeza avuga ko Perezida Kagame yanagaragazaga ubushake bwo kuvugana na Nkurunziza. Ati “Umunsi umwe arambwira ati ‘Mpa telefone basi muhamagare’, ko namubajije nti ‘None mupfa iki, ikibazo kiri he?’ Ati ‘ntacyo mbona’, ati ‘ahubwo mundamukirize’.”

Akomeza avuga ko mu kiganiro yagiranaga na Perezida Kagame, yageraga aho akamubaza ati “ko mwahoze muri inshuti, none mupfa iki?’ ati ‘erega nanjye ndamukumbuye, umundamukirize’, kandi nageraga i Burundi naramuramukije, nti ‘Yambwiye ngo nkuramutse’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ari ibisanzwe ko muri Politiki hazamo ibibazo hagati y’Ibihugu, ariko ko biba bikwiye kwicara hamwe bikabishakira umuti, kandi bigatera umugongo ibyo bibazo biba byabayeho, kandi bigahora iteka biharanira amahoro.

Ati “Muri Politiki, nta mukunzi, nta mwanzi ubamo. Kugira ngo habeho amahoro ku Barundi, ku Banyekongo, ku Banyarwanda, nta herezo ribaho.”

Uyu munyapolitiki w’i Burundi, avuga ko ikosa rijya rikorwa n’Ibihugu bimwe na bimwe, ari ugukomeza kwizirika ku mateka y’ibyahise, bigahorana inzigo ari na yo ituma umubano wabyo n’ibindi uzamo igitotsi, kuri we akavuga ko mu gihe Ibihugu byiyemeje guhindura paji, biba bidakwiye gusubiza amaso inyuma ahubwo bikayanga imbere n’inyungu bihuriyeho.

Perezida Kagame na Gaston Sindimwo muri 2018 ubwo bitabiraga Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 15 =

Previous Post

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Next Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.