Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

radiotv10by radiotv10
23/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u Rwanda wari urimo igitotsi, yajyaga ahurira mu nama na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akamugarariza ubushake ko yifuza ko ibi Bihugu bibana neza, ndetse akamusaba kumuramukiriza mugenzi we Nkurunziza.

Gaston Sindimwo yabaye Visi Perezida w’u Burundi kuva muri 2015 kugeza muri 2020, ku ngoma y’ubutegetsi bwa nyakwigendera Pierre Nkurunziza. Ni imyaka yaranzwe n’umwuka utari mwiza mu mubano w’u Burundi n’u Rwanda.

Muri ibyo bihe u Burundi bwashinjaga u Rwanda ibinyoma ko rwagize uruhare mu gikorwa cyo kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, ariko u Rwanda rukaba rwarabihakanye kenshi.

Gaston Sindimwo avuga ko muri ibyo bihe nubwo u Burundi bwavugaga ko bufite ikibazo ku Rwanda, Perezida Paul Kagame we atahwemye kugaragaza ubushake ko yifuzaga ko ibi Bihugu by’ibituranyi bibana neza.

Mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa African TV, Gaston Sindimwo wagarukaga ku gitotsi cyongeye kuza mu mubano w’ibi Bihugu muri ibi bihe, yavuze ko imibanire yabyo yakunze kugenda ihindagurika.

Sindimwo wavuze ko nko muri iki gihe, hari hagaragaye ibimenyetso by’uko umubano ugiye gusubira mu buryo, ariko bikaba bitarakunda, ku buryo we atumva ikibura, kuko asanzwe azi ko Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, ahorana ubushake bwo gutuma Igihugu ayobora kibana neza n’abaturanyi.

Yatanze urugero rw’igihe yari akiri Visi Perezida w’u Burundi, avuga ko atari rimwe cyangwa kabiri yagiye ahura na Perezida Paul Kagame mu nama, ndetse akamwegera bakaganira, akishimira uburyo uyu Mukuru w’u Rwanda yagaragazaga ubushake bwiza.

Yagize ati “Amafoto menshi mwabonye mpagararanye na Kagame, abandi bakantuka, naragendaga nkamubwira kuko njye ntabwo mba niteguye guhunga umuntu, nakwifuje ko tuvugana, nkamubwira ikibazo, njye yarantumaga kuramutsa Umukuru w’Igihugu [Pierre Nkurunziza], akantuma ati ‘Nugera i Burundi umundamukirize’ kandi rwose nasohozaga ubutumwa.”

Akomeza avuga ko Perezida Kagame yanagaragazaga ubushake bwo kuvugana na Nkurunziza. Ati “Umunsi umwe arambwira ati ‘Mpa telefone basi muhamagare’, ko namubajije nti ‘None mupfa iki, ikibazo kiri he?’ Ati ‘ntacyo mbona’, ati ‘ahubwo mundamukirize’.”

Akomeza avuga ko mu kiganiro yagiranaga na Perezida Kagame, yageraga aho akamubaza ati “ko mwahoze muri inshuti, none mupfa iki?’ ati ‘erega nanjye ndamukumbuye, umundamukirize’, kandi nageraga i Burundi naramuramukije, nti ‘Yambwiye ngo nkuramutse’.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ari ibisanzwe ko muri Politiki hazamo ibibazo hagati y’Ibihugu, ariko ko biba bikwiye kwicara hamwe bikabishakira umuti, kandi bigatera umugongo ibyo bibazo biba byabayeho, kandi bigahora iteka biharanira amahoro.

Ati “Muri Politiki, nta mukunzi, nta mwanzi ubamo. Kugira ngo habeho amahoro ku Barundi, ku Banyekongo, ku Banyarwanda, nta herezo ribaho.”

Uyu munyapolitiki w’i Burundi, avuga ko ikosa rijya rikorwa n’Ibihugu bimwe na bimwe, ari ugukomeza kwizirika ku mateka y’ibyahise, bigahorana inzigo ari na yo ituma umubano wabyo n’ibindi uzamo igitotsi, kuri we akavuga ko mu gihe Ibihugu byiyemeje guhindura paji, biba bidakwiye gusubiza amaso inyuma ahubwo bikayanga imbere n’inyungu bihuriyeho.

Perezida Kagame na Gaston Sindimwo muri 2018 ubwo bitabiraga Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Next Post

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Ibisobanuro by’umugore akurikiranyweho kwica umugabo we nyuma yo kumena ibiryo yari amugaburiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.