Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye gusaba ubuyobozi ko bakwegerezwa ivuriro rito kuko bivuriza kure, ndetse bukabizeza ko kigiye gukemurwa, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Gukora ingendo ndende ndetse rimwe na rimwe hakaba n’ababyarira mu ngo bataragezwa ku Kigo Nderabuzima, nibyo abatuye i Mpinga mu Kagari ka Aziba mu Murenge wa Karembo baheraho bavuga ko bagorwa no kwivuza.

Aba baturage bavuga ko ari kenshi bagiye babigaragariza ubuyobozi ndetse bukabaha igisubizo kibaremamo icyizere, gusa na n’ubu ntakirakorwa.

Nyagatare Annanias wo mu Mudugudu w’Impinga ati “Na Meya araza tukabimubwira yaza ati ‘Ndabibemereye’, yabitwemerera ntibijye mu bikorwa.”

Aba baturage bavuga ko kugira ngo bagere ku ivuriro bakwita ko ribegereye, harimo urugendo rurerure ku buryo bategesha 5 000 Frw.

Mukadisi Verena na we ati “Hari ukuntu duhamagara moto, wayihamagara igatinda bigafata ko umubyeyi ahita abyarira aho ngaho. Njye ntuye hirya iriya Nkimbyi, rero ni kure kugira ngo rero moto izaze ije gufata umubyeyi kugira ngo ajye kujya kubyara isanga yanabyaye iyo yakererewe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko aba baturage bubakiwe Ikigo Nderabuzima kandi ngo atari kure ariko nanone abasaba gutegereza igihe ubushobozi bw’Akarere buzaba bubonetse.

Ati “Ntayihari (Poste de Sante) ariko hari izindi bakoresha, twazareba nitubona ingengo y’imari mu myaka ikurikiraho kuko twabahaye Ikigo Nderabuzima kandi ntabwo kiri kure mu by’ukuri. Twarebaga cyane abandi bari kure cyane kurenza abo mu Akaziba. Ubwo kubera gahunda ihari ya Poste de Sante mu Kagari mu myaka ikurikiyeho na bo bazayibona bitewe n’ingengo y’imari yabonetse cyangwa twabonye abafatanyabikorwa badufasha.”

Gahunda ya Leta mu kwita ku buzima n’imibereho myiza y’abaturage iteganya ko ku bufatanye n’izindi nzego, nibura buri Kagari mu Rwanda kazashyirwamo Ivuriro rito (Poste de Sante).

Bavuga ko batumva ikibura ngo begerezwe ivuriro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twenty =

Previous Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Next Post

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.