Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye gusaba ubuyobozi ko bakwegerezwa ivuriro rito kuko bivuriza kure, ndetse bukabizeza ko kigiye gukemurwa, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Gukora ingendo ndende ndetse rimwe na rimwe hakaba n’ababyarira mu ngo bataragezwa ku Kigo Nderabuzima, nibyo abatuye i Mpinga mu Kagari ka Aziba mu Murenge wa Karembo baheraho bavuga ko bagorwa no kwivuza.

Aba baturage bavuga ko ari kenshi bagiye babigaragariza ubuyobozi ndetse bukabaha igisubizo kibaremamo icyizere, gusa na n’ubu ntakirakorwa.

Nyagatare Annanias wo mu Mudugudu w’Impinga ati “Na Meya araza tukabimubwira yaza ati ‘Ndabibemereye’, yabitwemerera ntibijye mu bikorwa.”

Aba baturage bavuga ko kugira ngo bagere ku ivuriro bakwita ko ribegereye, harimo urugendo rurerure ku buryo bategesha 5 000 Frw.

Mukadisi Verena na we ati “Hari ukuntu duhamagara moto, wayihamagara igatinda bigafata ko umubyeyi ahita abyarira aho ngaho. Njye ntuye hirya iriya Nkimbyi, rero ni kure kugira ngo rero moto izaze ije gufata umubyeyi kugira ngo ajye kujya kubyara isanga yanabyaye iyo yakererewe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko aba baturage bubakiwe Ikigo Nderabuzima kandi ngo atari kure ariko nanone abasaba gutegereza igihe ubushobozi bw’Akarere buzaba bubonetse.

Ati “Ntayihari (Poste de Sante) ariko hari izindi bakoresha, twazareba nitubona ingengo y’imari mu myaka ikurikiraho kuko twabahaye Ikigo Nderabuzima kandi ntabwo kiri kure mu by’ukuri. Twarebaga cyane abandi bari kure cyane kurenza abo mu Akaziba. Ubwo kubera gahunda ihari ya Poste de Sante mu Kagari mu myaka ikurikiyeho na bo bazayibona bitewe n’ingengo y’imari yabonetse cyangwa twabonye abafatanyabikorwa badufasha.”

Gahunda ya Leta mu kwita ku buzima n’imibereho myiza y’abaturage iteganya ko ku bufatanye n’izindi nzego, nibura buri Kagari mu Rwanda kazashyirwamo Ivuriro rito (Poste de Sante).

Bavuga ko batumva ikibura ngo begerezwe ivuriro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Next Post

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.