Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu murima w’umuturage wo mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, habonetse imbunda yari itabye, bikekwa ko ari iyahasizwe n’abahoze ari abasirikare b’ubutegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mbunda yataburuwe mu murima w’umuturage utuye mu Mudugudu wa Karambo B mu Kagari ka Gishike muri uyu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza.

Amakuru avuga ko uyu murima w’umukecuru w’imyaka 70 y’amavuko, wari umaze igihe kinini udahingwa, aho wari uri guhingwamo n’umugabo ari na we wabonye iyi mbunda.

Amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima w’umuturage, yanemejwe n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyanza, Patrick Kajyambere, wabyemereye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru.

Uyu muyobozi yavuze ko ubuyobozi na bwo bwamenye amakuru y’iyi mbunda yabonetse mu murima, buyabwiwe n’abaturage bo muri aka gace yabonetsemo.

Patrick Kajyambere yatangaje ko muri aka gace kabonetsemo imbunda, kanyuzemo abahoze ari abasirikare b’Ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana, ubwo bariho bahunga nyuma yo gutsindwa urugamba n’ingabo zahoze ari RPA zahagaritse Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi zikanabohora Igihugu.

Ababonye iyi mbunda ikimara gukurwa mu butaka, bavuga ko yari izingazingiye mu mashashi no mu mufuka, ku buryo uwari wayihatabye, yari yabigambiriye.

Uyu murima wabonetsemo imbunda wari umaze igihe kinini udahingwa kubera ibibazo by’amakimbirane byari hagati y’abawuguze, dore nyirawo yahimutse akajya gutura mu Murenge wa Mukingo n’ubundi mu Karere ka Nyanza.

Ubwo iyi mbunda yari ikimara kubonwa n’abaturage, bahise babimenyesha inzego z’ibanze ndetse n’iz’umutekano, zahise ziyijyana ku Biro by’Umurenge wa Rwabicuma.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

Next Post

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Related Posts

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Perezida w’u Bufaransa yatanze umucyo ku byafashwe nk’urushyi yakubiswe n’umugore we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.