Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Kazakhstan mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, rugambije guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo gahati.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wamaze kugera mu Murwa Mukuru wa Kazakhstan, muri Astana, kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe ko Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame we agirira uruzinduko muri iki Gihugu kuva tariki 28 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe kandi ko umukuru w’u Rwanda azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan, Perezida Kassym-Jomart Tokayev, ndetse hakazasinywa amasezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, azashyirwaho imikono n’abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande z’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Kazakhstan mu mwaka wa 2015, aho icyo gihe yari yahuye n’uwari Perezida w’iki Gihugu, Nursultan Nazarbayev.

Uru ruzinduko rwabaye mbere yuko hasinywa amasezerano y’imikoranire mu bya Dipolomasi hagati y’Ibihugu byombi yanatumye u Rwanda rugena uruhagarariye muri Kazakhstan muri 2016.

Kuri uyu wa Mbere ku munsi wa mbere ubwo Minisitiri Nduhungirehe yageraga muri Kazakhstan, yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije w’iki Gihugu, Murat Nurtleu banagirana ibiganiro byagarutse ku mubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo hagati.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Ndagushimira Minisitiri w’Intebe Wungirije Murat Nurtleu, ku bwo kunyakirana urugwiro mu Murwa Mukuru wanyu mwiza Astana, ndetse n’ibiganiro byiza twagiranye uyu munsi, mbere y’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri Kazakhstan.”

Mu itangazo rihuriweho hagati ya Minisitiri w’Intebe Olivier Nduhungirehe na Nurtleu, batangaje ko bagiranye ibiganiro byagarutse ku nzego zinyuranye zirimo ibya poliyiki, ubukungu n’umuco.

Nanone kandi Ibihugu byombi birateganya kugirana imikoranire mu nzego zirimo ubucuruzi, mu ikoranabuhanga ndetse no mu rwego rwa gisirikare.

Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Murat Nurtleu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Next Post

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.