• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Kazakhstan mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, rugambije guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo gahati.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wamaze kugera mu Murwa Mukuru wa Kazakhstan, muri Astana, kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe ko Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame we agirira uruzinduko muri iki Gihugu kuva tariki 28 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe kandi ko umukuru w’u Rwanda azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan, Perezida Kassym-Jomart Tokayev, ndetse hakazasinywa amasezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, azashyirwaho imikono n’abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande z’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Kazakhstan mu mwaka wa 2015, aho icyo gihe yari yahuye n’uwari Perezida w’iki Gihugu, Nursultan Nazarbayev.

Uru ruzinduko rwabaye mbere yuko hasinywa amasezerano y’imikoranire mu bya Dipolomasi hagati y’Ibihugu byombi yanatumye u Rwanda rugena uruhagarariye muri Kazakhstan muri 2016.

Kuri uyu wa Mbere ku munsi wa mbere ubwo Minisitiri Nduhungirehe yageraga muri Kazakhstan, yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije w’iki Gihugu, Murat Nurtleu banagirana ibiganiro byagarutse ku mubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo hagati.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Ndagushimira Minisitiri w’Intebe Wungirije Murat Nurtleu, ku bwo kunyakirana urugwiro mu Murwa Mukuru wanyu mwiza Astana, ndetse n’ibiganiro byiza twagiranye uyu munsi, mbere y’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri Kazakhstan.”

Mu itangazo rihuriweho hagati ya Minisitiri w’Intebe Olivier Nduhungirehe na Nurtleu, batangaje ko bagiranye ibiganiro byagarutse ku nzego zinyuranye zirimo ibya poliyiki, ubukungu n’umuco.

Nanone kandi Ibihugu byombi birateganya kugirana imikoranire mu nzego zirimo ubucuruzi, mu ikoranabuhanga ndetse no mu rwego rwa gisirikare.

Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Murat Nurtleu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seventeen =

Previous Post

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Next Post

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.