Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame ategerejwe mu Gihugu cyo muri Asia ‘Kazakhstan’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Kazakhstan mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri, rugambije guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo gahati.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wamaze kugera mu Murwa Mukuru wa Kazakhstan, muri Astana, kuri uyu wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe ko Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame we agirira uruzinduko muri iki Gihugu kuva tariki 28 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2025.

Biteganyijwe kandi ko umukuru w’u Rwanda azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan, Perezida Kassym-Jomart Tokayev, ndetse hakazasinywa amasezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, azashyirwaho imikono n’abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande z’Ibihugu byombi.

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Kazakhstan mu mwaka wa 2015, aho icyo gihe yari yahuye n’uwari Perezida w’iki Gihugu, Nursultan Nazarbayev.

Uru ruzinduko rwabaye mbere yuko hasinywa amasezerano y’imikoranire mu bya Dipolomasi hagati y’Ibihugu byombi yanatumye u Rwanda rugena uruhagarariye muri Kazakhstan muri 2016.

Kuri uyu wa Mbere ku munsi wa mbere ubwo Minisitiri Nduhungirehe yageraga muri Kazakhstan, yahuye na Minisitiri w’Intebe Wungirije w’iki Gihugu, Murat Nurtleu banagirana ibiganiro byagarutse ku mubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda n’iki Gihugu cyo muri Asia yo hagati.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Ndagushimira Minisitiri w’Intebe Wungirije Murat Nurtleu, ku bwo kunyakirana urugwiro mu Murwa Mukuru wanyu mwiza Astana, ndetse n’ibiganiro byiza twagiranye uyu munsi, mbere y’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame muri Kazakhstan.”

Mu itangazo rihuriweho hagati ya Minisitiri w’Intebe Olivier Nduhungirehe na Nurtleu, batangaje ko bagiranye ibiganiro byagarutse ku nzego zinyuranye zirimo ibya poliyiki, ubukungu n’umuco.

Nanone kandi Ibihugu byombi birateganya kugirana imikoranire mu nzego zirimo ubucuruzi, mu ikoranabuhanga ndetse no mu rwego rwa gisirikare.

Minisitiri Nduhungirehe yahuye na Murat Nurtleu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 6 =

Previous Post

Hakomeje gutangazwa bimwe mu bihishiwe abazitabira ibirori byo gushyikiriza APR igikombe

Next Post

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyatangajwe ko Kabila wayoboye Congo ari mu bice bigenzurwa na M23 byavuzweho ukundi

Hagiye hanze amakuru y’ibigiye gukurikira nyuma yuko Kabila ageze i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.