Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in MU RWANDA
0
Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze kwibasirwa n’inkongi mu bihe bitandukanye.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko abatuye mu bice byegereye aka gakiriro n’abahanyuze mu gitondo cya kare, babonye inkongi y’umuriro ufite imbaraga yibasiye bimwe mu bice by’aka Gakiriro ka Gisozi.

Avuga ko iyi nkongi yatangiye mu masaha yo mu rukerera, kuko abahatuye babyutse babona umuriro mwinshi upfupfunuka mu nyubako zimwe z’aka Gakiriro ziri gukongoka.

Uyu waduhaye amakuru yagize ati “Urebye byatangiye nka saa kumi zishyira saa kumi n’imwe, kuko ubwo abantu basanzwe bazinduka babyukaga, batangiye kubona inkongi y’umuriro ufite imbaraga.”

Yavuze kandi ko igice cyibasiwe n’iyi nkongi, n’ubundi ari igikorerwamo ibikoresho byo mu mbaho, kikaba ari igice cyegereye igishanga.

Mu masaha y’igitondo cya kare kandi, imodoka z’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, zari zamaze kugera aha hadutse inkongi ndetse zitangira kuyizimya nubwo umuriro wari wakwiriye ahantu hanini.

Si rimwe cyangwa kabiri aka Gakiriro kibasiwe n’inkongi y’umuriro, dore ko mu bihe binyuranye n’ubundi hagiye hadukamo inkongi ikangiza byinshi byiganjemo ibicuruzwa n’ibikoresho biba bibitse mu nzu zibasirwa.

Muri Gicurasi 2023 igice cyarimo inzu zikorerwamo ububaji muri aka Gakiriro, zibasiwe n’inkongi y’umuriro, aho iyi yadutse nyuma y’amezi atatu gusa n’ubundi muri aka gakiriro habaye inkongi y’umuriro yari yabaye muri Gashyantare uwo mwaka wa 2023.

Iyi nkongi yibasiye aka Gakiriro muri Gashyantare 2023, na yo yari yatangiye mu masaha yo mu ijoro ubwo abantu bari batashye, ndetse icyo gihe na bwo hari hibasiwe ibice bibikwamo imbaho.

Nanone kandi muri 2019, bimwe mu bikorwa byo muri aka Gakiriro, byibasiwe n’inkongi, aho icyo gihe hari hibasiwe igice kizwi nko kuri APARWA hakorerwaga ububaji bw’ibikoresho byo birimo intebe, ibitanda n’inzugi, ndetse ahibasiwe na ho hakaba hari habitse imbaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 18 =

Previous Post

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Next Post

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.