Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, Lieutenant General Ahmed Fathi IBRAHIM KHALIFA uri mu Rwanda, yakiriwe na mugenzi we General Mubarakh Muganga, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo kwagura imikoranire ndetse n’imishinga ihuriweho ya gisirikare.
Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 01 Kamena 2025, aho Lieutenant General Ahmed Fathi IBRAHIM KHALIFA, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yasuraga Icyicaro Gikuru cy’Ubuyobozi bwa RDF Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.
Uru ruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri, ruri muri gahunda zihuriweho zigamije guteza imbere imikoranire mu rwego rwa gisirikare hagati y’impande zombi.
Ni uruzinduko kandi rugamije guha imbaraga umubano n’imikoranire hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Misiri byumwihariko mu bijyanye n’imyitozo, ubuzima ndetse n’izindi gahunda ziyemejwe.
Ibiganiro byabaye hagati y’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi, byagarutse ku mishinga ihuriweho, kwagura imikoranire ndetse no kurebera hamwe andi mahirwe y’imikoranire.
Ibi biganiro kandi byabayeho nyuma y’isinywa ry’amasezerano y’imikoranire yashyizweho umukono n’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu byombi, ashimangira ubushake bw’imikoranire y’igihe kirekire mu bya gisirikare.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Misiri kandi, yanasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.


RADIOTV10