Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

radiotv10by radiotv10
05/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu gutara no gutangaza amakuru avuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu ndetse n’ishyaka rye.

Ni nyuma yuko iki cyemezo gitangajwe n’Inama Nkuru ishinzwe itangazamakuru ry’amajwi n’amashusho n’itumanaho CSAC (Conseil Supérieur de l’Audiovisuel et de la Communication).

Ishyirahamwe Nyafurika riharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ASADHO (Association Africaine de Défense de Droits de l’Homme) n’Umuryango urengera Abanyamakuru bari mu kaga (JED/ Journaliste En Danger), kimwe n’abandi banyapolitiki, bamaganye iki cyemezo kibuza ibitangazamakuru kuvuga kuri Kabila no ku ishyaka rye rya PPRD.

Iyi miryango ivuga ko iki cyemezo cya CSAC kibangamira ihame rya Demokarasi, ndetse cyumvikanamo gukoresha nabi ububasha.

Jean-Claude Katende, Perezida wa ASADHO avuga ko iki cyemezo kidakwiye, ko nibuga cyagakwiye kumvikana mu gihe ishyaka PPRD ryari kuba ryarasheswe. Ati “None iki cyemezo gishingiye kuki?”

Uyu uharanira uburenganzira bwa muntu yavuze ko ruriya rwego CSAC rutari rukwiye kwijandika mu mukino wa politiki ngo rukoreshwe n’ubutegetsi buriho.

Ibi kandi abihuriyeho na Georges Kapiamba wo muri ACAJ na we wamaganye iki cyemezo, aho yavuze ko igihe cyose ishyaka rya Joseph Kabila ritegeze ryamburwa ubuzima gatozi, bidakwiye ko Itangazamakuru ribuzwa kurivugaho no gutangaza amakuru aryerecyeyeho.

Naho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa w’Umuryango Nouvelle société civile congolaise yagize ati “Urubuga rw’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo rugeze aharindimuka muri iki Gihugu.”

Tshivis Tshivuadi, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango urengera abanyamakuru bari mu kaga, we yatangaje ko iki cyemezo ari “Igitero cyagabwe kuri demokarasi” akibutsa CSAC yagifashe ko ari Urwego rushinzwe kugenzura Itangazamakuru, aho kuba igikoresho cyo kuriniga.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya, agira icyo avuga kuri ibi bitekerezo byamagana kiriya cyemezo, yavuze ko iki Gihugu kiri mu bibazo bikomeye, bityo ko hakwiye ibyemezo nk’ibi byo guhangana na byo.

Yagize ati “Turi mu bibazo, kandi mu bibazo byose, hari uburyo bwo guhangana na cyo. Turi mu ntambara y’amakuru.”

Patrick Muyaya yavuze ko iriya nama CSAC ikwiye kuzaganira n’abanyamakuru kuri iyi ngingo yazamuye impaka kugira ngo bumve neza ishingiro rya kiriya cyemezo ngo cyafashwe mu nyungu z’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =

Previous Post

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Next Post

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.