• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza bavuga ko bahawe amatara y’imirasire y’izuba bayamaranye igihe gito bayabaka bababwira ko hari ibyo bagiye gutunganya bazayabasubiza vuba, none amaso yaheze mu kirere.

Mukandanga Anne Marie utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Gacu yagize ati “Baduhaye amatara y’imirasire tuyageza mu rugo hashize nk’ukwezi baraza barayatwara bayajyana ku Kagali dutgereza ko bayadusubiza turaheba, ubu turi mu kizima kandi twari twahawe amatara.”

Elizabeh na we agira ati “Batubwiraga ko hari ibyo bagiye kuzuza mu mashini ngo barayadusubiza, none kuri ubu twarategereje turaheba ubu amezi ashize ari nk’ane dutegereje ko bayaduha twarahebye.”

Uyu muturage avuga kandi ko n’iyo bagiye ku Biro by’Akagari ahajyanywe ibikoresho by’aya mashanyarazi, batabisangayo, bakibaza icyabaye kikabayobera.

Umuyobozi w’Akagali ka Gacu, Faustin Manirafasha avuga ko amatara yatanzwe na Kompanyi yitwa Ignite imwe mu zari zisanzwe zitanga amashanyarazi muri uyu Murenge wa Rwabicuma nyuma ngo irayabaka ivuga ko iyiye kuzuza amakuru atari ari muri system.

Ati “Bayabambuye batumenyesheje nk’ubuyobozi batubwira ko nibamara kubikosora muri system bazayabasubiza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwabicuma, Niwemana Immaculee avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko agiye kugikurikirana kugira ngo gihabwe umurongo.

Ati “Kuko dufite urutonde rw’abagiye bahabwa amatara turabikurikirana tumenye abayambuwe n’icyabiteye, ikibazo gikemurwe.”

Bavuga ko bari batangiye gucana ariko ubu bari mu kizima
Bavuga ko batazi impamvu batagarurirwa amatara yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    12 months ago

    ntibikwiye ariko.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Impanuro zahawe Abapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura abandi b’itsinda ririnda abayobozi bakuru muri Centrafrique

Next Post

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Annette Murava umugore wa 'Bishop Gafaranga' yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.