Saturday, May 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza bavuga ko bahawe amatara y’imirasire y’izuba bayamaranye igihe gito bayabaka bababwira ko hari ibyo bagiye gutunganya bazayabasubiza vuba, none amaso yaheze mu kirere.

Mukandanga Anne Marie utuye mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Gacu yagize ati “Baduhaye amatara y’imirasire tuyageza mu rugo hashize nk’ukwezi baraza barayatwara bayajyana ku Kagali dutgereza ko bayadusubiza turaheba, ubu turi mu kizima kandi twari twahawe amatara.”

Elizabeh na we agira ati “Batubwiraga ko hari ibyo bagiye kuzuza mu mashini ngo barayadusubiza, none kuri ubu twarategereje turaheba ubu amezi ashize ari nk’ane dutegereje ko bayaduha twarahebye.”

Uyu muturage avuga kandi ko n’iyo bagiye ku Biro by’Akagari ahajyanywe ibikoresho by’aya mashanyarazi, batabisangayo, bakibaza icyabaye kikabayobera.

Umuyobozi w’Akagali ka Gacu, Faustin Manirafasha avuga ko amatara yatanzwe na Kompanyi yitwa Ignite imwe mu zari zisanzwe zitanga amashanyarazi muri uyu Murenge wa Rwabicuma nyuma ngo irayabaka ivuga ko iyiye kuzuza amakuru atari ari muri system.

Ati “Bayabambuye batumenyesheje nk’ubuyobozi batubwira ko nibamara kubikosora muri system bazayabasubiza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwabicuma, Niwemana Immaculee avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko agiye kugikurikirana kugira ngo gihabwe umurongo.

Ati “Kuko dufite urutonde rw’abagiye bahabwa amatara turabikurikirana tumenye abayambuwe n’icyabiteye, ikibazo gikemurwe.”

Bavuga ko bari batangiye gucana ariko ubu bari mu kizima
Bavuga ko batazi impamvu batagarurirwa amatara yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    11 months ago

    ntibikwiye ariko.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Impanuro zahawe Abapolisi b’u Rwanda bagiye gusimbura abandi b’itsinda ririnda abayobozi bakuru muri Centrafrique

Next Post

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gatagara mu Karere ka Nyabihu yatanze ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, aregamo umuyobozi w’iri...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

by radiotv10
08/05/2026
0

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye...

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

by radiotv10
08/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, bwambitse imidali y’ishimwe Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize itsinda...

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

by radiotv10
08/05/2026
0

For many young people today, especially in fast-growing cities like Kigali, “being your own boss” has become more than just...

IZIHERUKA

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
MU RWANDA

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

by radiotv10
08/05/2026
0

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

08/05/2026
The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

08/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Annette Murava umugore wa 'Bishop Gafaranga' yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibaruwa y’umwarimu ushinja Diregiteri w’ishuri kumukubitira imbere ya bagenzi be

Uko Minisitiri Utumatwishima yakiranuye impaka zazamukiye ku mushinga w’umwe mu rubyiruko wagize imbogamizi

The Reality of Modern Dating Among Young People in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.