Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wakunze guseka Joe Biden yasimbuye ubwo yabaga yasitaye ku madaragi (Escalier) y’indege, na we byamubayeho.
Ibi byabaye kuri Donald Trump kuri iki Cyumweru tariki 08 Kamena 2025 ubwo yariho yurira indege ya Air Force isanzwe imutwara.
Ibi byabaye ubwo Perezida Trump yuriraga indege yari imwerecyeje i Camp David, aho agomba guhurira n’abantu batandukanye, barimo abasirikare bo hejuru n’abajenerali.
Ubwo yari amaze kuganira n’itangazamakuru ryamubajije ibibazo binyuranye birimo ibyo kohereza abaisirikare muri Leta ya California gucubya imyigaragambyo ikomeje gukaza umurego mu Mujyi wa Los Angeles, Trump yahise yurira indege, ariko agezemo hagati arasitara.
Ni ibintu yakunze guseka kuri Joe Biden yasimbuye, aho yavugaga ko gusitara kwe biterwa n’izabukuru, ashaka kugaragaza ko adashoboye kuyobora iki Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America.
Ubwo yavugaga kuri Biden we byabayeho inshuro zirenze imwe, Perezida Trump muri 2023 yagize ati “Joe Biden ntashobora no kuzamuka amadaragi ya Air Force One.” Nyuma y’umwaka, yongera kuvuga ko Biden akoresha “ingazi z’abana” kandi ko “na bwo ntabasha kuzamuka cyangwa ngo kumanura neza.”


RADIOTV10