Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in MU RWANDA
0
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA kiratangaza ko igerageza rya mbere ryo gutanga irangamuntu nshya ikoranye ikoranabuhanga, rizatangira mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, kikanavuga itandukaniro ryayo n’isanzwe, aho izajya ihabwa abantu bose kuva ku bakivuka.

Ubuyobozi bw’iki Kigo, butangaza ko ibikorwa remezo bizifashishwa mu gukora izi rangamuntu nshya, bigeze kuri 90% ku buryo mu kwezi gutaha hazaba hatangiye igerageza.

Umuyobozi wa NIDA, Mukesha Josephine avuga ko iyi rangamuntu-koranabuhanga, izaba ikubiyemo amakuru bwite y’umuntu ndetse n’ibipimo ndangamiterere ye.

Ni irangamuntu izaba iri mu buryo butatu, burimo ubw’ikarita rangamuntu ifatika nk’isanzweho, hakaba uburyo bwo gutanga imibare, cyangwa umubare usimbura iyo rangamuntu.

Agaruka ku itandukaniro ry’iyi rangamuntu nshya y’ikoranabuhanga n’isanzwe, Josephine yagize ati “Uyu munsi twatangaga irangamuntu ku bantu bafite imyaka cumi n’itandatu kuzamura, ariko kuri ino rangamuntu-koranabuhanga, tuzayitanga kuva ku muntu akivuka.”

Avuga ko n’ibyiciro by’abantu bahabwa irangamuntu byaguwe, kuko isanzwe yajyaga ihabwa Umunyarwanda, umunyamahanga uzamara mu Rwanda igihe kirengeje amezi atandatu ndetse n’impunzi yahawe ubuhungiro.

Ati “Ubu twarayaguye, tuzayiha n’abimukira, tuzayiha n’abana batoraguwe badafite ababyeyi, tuyihe n’abanyamahanga bari mu Rwanda ku gihe gito ariko bazayikenera ku ntego za serivisi mu buryo butandukanye.”

Irangamuntu isanzwe yabaga ifite imibare igaragaza ibisobanuro kuri nyirayo, aho hari iyagaragazaga umwaka w’amavuko cyangwa igitsina cya nyirayo, mu gihe iyi nshya, itazajya igaragaza ibi byose.

Josephine ati “Iriya mibare itatu ya nyuma ari yo ‘document number’ yajyaga ihinduka, ariko ubu turashaka ngo ibe ari ‘Unique identifier’ [umwihariko] idafite n’icyo ivuga. Uyu munsi iyo urebye irangamuntu umenya niba ari umugore, niba ari umugabo, igihe yavukiye n’ubwenegihugu bwe, ibyo bintu byose rero twabikuyemo, izaba ari umubare random udafite icyo uvuze kuri nyirayo ngo utange amakuru kuri nyirayo.”

Avuga ko system izakoreshwa mu kubika no kwemeza aya makuru, iri ku musozo, ndetse hakaba hari gukorwa igerageza ryayo, mu gihe bimwe mu bikoresho nk’ibizifashishwa mu gufotora, na byo biri mu nzira biza, ku buryo igerageza ryatangira mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, ubundi gutanga izi rangamuntu-koranabuhanga bikaba byatangira muri Kanama (08) uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + eleven =

Previous Post

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Next Post

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.