Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

radiotv10by radiotv10
21/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 30 wari waturutse mu Ntara y’Iburasirazuba wasanzwe yapfiriye mu nzu icumbitsemo Umupasiteri wo mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe i Kigali.

Nyakwigendera yitwa Mukeshimana Esther akaba yaravutse mu 1995, mu gihe umukozi w’Imana yapfiriye mu rugo rwe ari Valens Niyonsaba usanzwe ari n’umukozi ushinzwe serivisi z’ubutaka mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

Urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye tariki 14 Kamena 2025, mu mu Mudugudu wa Gambiriro, Akagari ka Kabere, Umurenge wa Ruheru, aho uyu mupasiteri asanzwe acumbitse.

Mukeshimana yari yaturutse iwe mu Mudugudu wa Busana mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, aho bivugwa ko yavuyeyo abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe mu Mujyi wa Kigali.

Aba bombi kandi bari basanzwe banaziranye dore ko Pasiteri yigeze gukorera umurimo w’ivugabutumwa mu Karere ka Nyagatare akaba ari na we wasezeranyije nyakwigendera n’umugabo we, ndetse na Mukeshimana akaba yari asanzwe ari umudiyakoni mu Itorero ry’Abametodiste i Nyagatare.

Amakuru ava mu baturare, avuga ko n’umugore wa Pasiteri atuye i Nyagatare, ndetse akaba yari yahaye Mukeshimana ibyo yoherereza umugabo we ageze i Kigali kuko yari yamubwiye ko ataharenga.

Yari yageze aho Pasiteri acumbutse tariki 13 Kamena 2025, bucyeye bwaho tariki 14 uyu Niyonsaba ajya mu kazi nk’uko bisanzwe, ariko Mukeshimana aza kumuhamagara kuri telefone amubaza ibyo guteka, amurangira ibishyimbo.

Umwe mu baturanyi yavuze ko Niyonsaba yatashye saa sita agiye gufata ifunguro ariko ageze aho acumbitse asanga harakinze, arakomanga ariko yumva nta muntu ukoma.

Umuturage avuga ko Pasiteri yatangiye gushakisha, “abaza abaturanyi niba batamubonye baramuhakanira, ni uko ajya kurya mu isantere.”

Uyu muturanyi akomeza agira ati “Nimugoroba agarutse yasanze hagifunze, hanyuma noneho ahamagara nyiri inzu, ni uko amena ikirahure, basanga yumye.”

Hari abakeka ko Mukeshimana yaba yarazize imbabura yari atetseho kuko bayisanze hafi ye, ndetse hakaba hari n’abaturanyi be b’i Nyagatare bavuga ko yari asanzwe arwara umutima.

Nyakwigendera wasize abana batanu yashyinguwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, mu gihe Niyonsaba we ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu gihe hakomeje gukorwa iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + seventeen =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Next Post

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.