Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

radiotv10by radiotv10
24/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Agezweho ku ntambara ya Israel na Iran bamwe bari batangiye kwikanga aho yerecyeza

An Israeli soldier gestures from a tank, amid cross-border hostilities between Hezbollah and Israel, by Israel's border with Lebanon in northern Israel, November 26, 2024. REUTERS/Ayal Margolin ISRAEL OUT. NO COMMERCIAL OR EDITORIAL SALES IN ISRAEL

Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu bya Israel na Iran bimaze iminsi byinjiye mu ntambara yari yakomeje guteza impungenge, bamwe bikanga ko ishobora kuvamo iya gatatu y’Isi yose, byemeranyijwe agahenge.

Aka gahenge katangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wasabye Igihuru cya Israel guhagarika imirwano.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma ya Israel, yatangaje ko yemeye aka gahenge nyuma yuko ibisabwe na Donald Trump.

Gusa Guverinoma ya Israel yatangaje ko igihe cyose Iran yahirahira irenze kuri aka gahenge, iki Gihugu “kitazuyaza gusubiza mu buryo bwihuse igihe cyose haba habayeho kurenga ku gahenge.”

Iki Gihugu kandi cyatangaje ko cyemeye aka gahenge nyuma “yo kugera ku ntego” zacyo mu bitero cyagabye kuri Iran bigamije kwikiza impungenge z’ingufu za kirimbuzi.

Guvernoma ya Israel ivuga kandi ko uretse kugera kuri izi ntego, cyabashije “kwivugana benshi mu bakomeye mu buyobozi bw’igisirikare, kandi kinasenya ibikorwa byinshi bya Guverinoma ya Iran byari biteye impungenge.”

Itangazo rya Israel rivuga kandi ko igisirikare cy’iki Gihugu ku munsi wa nyuma w’ibitero byacyo “cyagabye ibitero rurangiza ku bikorwa bifatwa nk’umutima wa Tehran, kibasha kwivugana ababarirwa mu magana ba Basij [umutwe wihariye wa Gisirikare wa Iran]” umutwe wifashishwaga n’Igisirikare cya Guverinoma ya Iran mu gukandamiza abigaragambya ndetse “kinivugana undi muhanga ukomeye mu bya nikeleyeri.”

Aka gahenge kandi kemejwe nyuma yuko Iran na yo yihoreye kuri Leta Zunze Ubumwe za America, ikagaba igitero cya misile ku kigo cya gisirikare cy’iki Gihugu kiri muri Qatar.

Abasesenguzi bavuga ko aka gahenge kasabwe na Israel kuko ibitero bya Iran byari bikomeje gushegesha iki Gihugu, ndetse Iran ikereka Leta Zunze Ubumwe za America ko atari Igihugu cyo kwisukira.

Ni mu gihe kandi Ibihugu binyuranye nk’u Burusiya, u Bushinwa n’u Buyapani; na byo byari byatangiye gutangaza ko bishobora kwinjira muri iyi ntambara, ibintu byari byateye ikikango ko biganisha kuba habaho intambara ya gatatu y’Isi yose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 2 =

Previous Post

Uwabaye muri Guverinoma agiye kugaragara mu kiganiro nkarishyabitekerezo kizaca kuri YouTube

Next Post

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Eng-Rwanda Defence Force denounces fake statement circulating on social media

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.