• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

radiotv10by radiotv10
06/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje kubishyuza ibirarane by’imisoro, bikabatungura kuko bahaga amafaranga umukozi w’iyi Pariki ngo ayibishyurire, aho kubikora akayishyirira ku ikofi ye.

Aba banyamuryango ba za Koperative zashinzwe mu rwego rwo guca ibikorwa bitemewe byakorwaga muri iyi Pariki, bavuga ko bahaga amafaranga uwitwa Ishimwe Fiston usanzwe ari umukozi wa Pariki ushinzwe kuyihuza n’abaturage, ngo abishyurire imisoro.

Gatokambari Leonard uyobora imwe muri izi Koperative, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rubabaza iby’aya mafaranga, bakagwa mu kantu.

Ati “Hajemo kuzamo iyo misoro abantu dutangira kugira ubwoba, ese ko dukora tugahemba abakozi, andi mafaranga tukayoherezayo, ese iyi misoro turasorera iki? Umushinga dukora ni uwuhe utuma twishyizwa aya mafaranga kandi tuyiherezayo.”

Aphrodis Uwabakurikizi na we uyobora indi Koperative na we yagize ati “Iki kibazo twakimenye mu kwa Gatandatu urumva ko hari haciye umwaka tutakizi ko kirimo kandi twe dutanga imisoro tuzi ko bigenda neza cyane. Mu bintu twitaho urumva dufite umukozi wa Pariki udufasha gutanga no gusoora fagitire, tukagira n’uwo twashyizeho duhemba utu dekararira ubwo ni babiri. Ayo twita ayo kuringaniza Imisoro baduhaga konti nyine bati ‘mugende mushyiremo tutazi’.”

Uyu mukozi wa Pariki witwa Fiston Ishimwe aravugwaho kandi uburiganya bw’uko yagiye abuza andi ma koperative kugura bimwe mu bikoresho mu mafaranga yabaga yatanzweho na RDB nk’inkunga, akabibagurira akoresheje Kompanyi ye.

Umuyobozi Mukuru wa Pariki y’Akagera, Ladislas Ndahiriwe yabwiye RADIOTV10 ko ibi bibazo byose babimenye ariko ko biri mu rwego rw’Ubugenzacyaha.

Ati “Iyo case yatugezeho, ariko iri muri investigation (Ubugenzacyaha) muri RIB…amakuru muzayamenya amakuru yose yamenyekanye turabizi twabigejeje aho bigomba kugera barimo kuyacukumbura muri RIB.”

Koperative enye ni zo kugeza ubu zagaragajweho kunyereza umusoro ku nyungu wa Miliyoni zirenga 45 Frw ariko ba nyirazo bakaba batemeranya na yo kuko bo byatanganga ahubwo batazi amanyanga yakozwe n’uwo mukozi wa Pariki n’uwo bafatanyaga witwa Kutibuka Etienne mu kubafasha iby’imisoro n’amafaranga na we uri mu bugenzacyaha.

Aphrodis Uwabakurikizi avuga ko batazi uko byagenze
Gatokambari Leonard avuga ko na bo batunguwe no kwishyuzwa ibirarane by’imisoro
Umukozi wa Pariki y’Akagera aravugwaho uburiganya
Beretswe ibirarane by’imisoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Next Post

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.