Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

radiotv10by radiotv10
06/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje kubishyuza ibirarane by’imisoro, bikabatungura kuko bahaga amafaranga umukozi w’iyi Pariki ngo ayibishyurire, aho kubikora akayishyirira ku ikofi ye.

Aba banyamuryango ba za Koperative zashinzwe mu rwego rwo guca ibikorwa bitemewe byakorwaga muri iyi Pariki, bavuga ko bahaga amafaranga uwitwa Ishimwe Fiston usanzwe ari umukozi wa Pariki ushinzwe kuyihuza n’abaturage, ngo abishyurire imisoro.

Gatokambari Leonard uyobora imwe muri izi Koperative, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rubabaza iby’aya mafaranga, bakagwa mu kantu.

Ati “Hajemo kuzamo iyo misoro abantu dutangira kugira ubwoba, ese ko dukora tugahemba abakozi, andi mafaranga tukayoherezayo, ese iyi misoro turasorera iki? Umushinga dukora ni uwuhe utuma twishyizwa aya mafaranga kandi tuyiherezayo.”

Aphrodis Uwabakurikizi na we uyobora indi Koperative na we yagize ati “Iki kibazo twakimenye mu kwa Gatandatu urumva ko hari haciye umwaka tutakizi ko kirimo kandi twe dutanga imisoro tuzi ko bigenda neza cyane. Mu bintu twitaho urumva dufite umukozi wa Pariki udufasha gutanga no gusoora fagitire, tukagira n’uwo twashyizeho duhemba utu dekararira ubwo ni babiri. Ayo twita ayo kuringaniza Imisoro baduhaga konti nyine bati ‘mugende mushyiremo tutazi’.”

Uyu mukozi wa Pariki witwa Fiston Ishimwe aravugwaho kandi uburiganya bw’uko yagiye abuza andi ma koperative kugura bimwe mu bikoresho mu mafaranga yabaga yatanzweho na RDB nk’inkunga, akabibagurira akoresheje Kompanyi ye.

Umuyobozi Mukuru wa Pariki y’Akagera, Ladislas Ndahiriwe yabwiye RADIOTV10 ko ibi bibazo byose babimenye ariko ko biri mu rwego rw’Ubugenzacyaha.

Ati “Iyo case yatugezeho, ariko iri muri investigation (Ubugenzacyaha) muri RIB…amakuru muzayamenya amakuru yose yamenyekanye turabizi twabigejeje aho bigomba kugera barimo kuyacukumbura muri RIB.”

Koperative enye ni zo kugeza ubu zagaragajweho kunyereza umusoro ku nyungu wa Miliyoni zirenga 45 Frw ariko ba nyirazo bakaba batemeranya na yo kuko bo byatanganga ahubwo batazi amanyanga yakozwe n’uwo mukozi wa Pariki n’uwo bafatanyaga witwa Kutibuka Etienne mu kubafasha iby’imisoro n’amafaranga na we uri mu bugenzacyaha.

Aphrodis Uwabakurikizi avuga ko batazi uko byagenze
Gatokambari Leonard avuga ko na bo batunguwe no kwishyuzwa ibirarane by’imisoro
Umukozi wa Pariki y’Akagera aravugwaho uburiganya
Beretswe ibirarane by’imisoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Next Post

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Related Posts

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

by radiotv10
24/10/2025
0

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw'Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza,...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.