Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya guhura n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagasinya amasezerano ya nyuma.

Donald Trump yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga muri White House ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, ari bo uwa Liberia, uwa Guinea Bissau, uwa Senegal, uwa Mauritania, n’uwa Gabon.

Yagize ati “Mu byumweru bicye biri imbere, Abakuru b’Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) bazaza gushyira umukono ku masezerano ya nyuma.”

Perezida Kagame na Tshisekedi baherukaga guhurira i Doha muri Qatar, tariki 28 Werurwe, bahujwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, nk’igikorwa cyari kigamije kubyutsa icyizere kugira ngo bibe umusingi wo kubakiraho ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo, cyaje no gukurikirwa n’ibiganiro biri guhuza Guverinoma ya DRC n’Ihuriro AFC/M23.

Trump yavuze ko ibibazo by’umutekano mucye bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari, byagiye biba bibi kurushaho, ndetse ko intambara yabaye mu burasirazuba bwa DRC, hari abavuga ko ari yo ikomeye yabayeho nyuma y’iya Kabiri y’Isi yose, ariko ko ku bw’aya masezerano igiye kurangira.

Trump atangaje ko aba Bakuru b’Ibihugu byombi bagiye guhura nyuma y’ibyumweru bibiri Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisinye amasezerano y’amahoro, yashyiriweho umukono i Washington DC tariki 27 Kamena 2025 n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe na Therese Kayikwamba Wagner.

Ubwo aba bakuriye Dipolomasi z’Ibihugu byombi bashyiraga umukono kuri aya masezerano, banakiriwe na Perezida Trump wavuze ko ari ay’amateka, kandi ko ari intambwe iganisha kuzana amahoro mu karere ibi Bihugu byombi biherereyemo, kugira ngo imikoranire na America mu bucuruzi ibashe gukorwa, ndetse n’intambara iri mu burasirazuba bwa DRC, ikarangira.

Yari yagize ati “Uyu munsi intambara irarangiye burundu ndetse n’akarere kose kinjiye mu rugendo rushya rw’icyizere, ugushyira hamwe namahoro.”

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki 04 Nyakanga 2025, yavuze ko ubutegetsi bwa Trump bwinjiye muri iki kibazo bugihereye mu mizi, kuko mu gushaka umuti bwibanze ku ngingo eshatu zirimo iza Politiki, iz’Umutekano n’ubukungu, mu gihe abandi babyirengagizaga, bagashakira umuti aho utari, nko gufatira ibihano u Rwanda cyangwa M23.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko aya masezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za America, ari amahirwe yo kuba haboneka amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, ariko ko bizaterwa n’uburyo ibi Bihugu byayasinye bizayashyira mu bikorwa, avuga ko u Rwanda rwo rwiteguye kubahiriza ibyo rwemeye byose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke with the UK Foreign Secretary

Next Post

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy'ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.