• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA
0
Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu Mudugudu wa Kabenda wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, uvugwaho kuba waragizwe indiri n’abishoye mu bikorwa bibi, baturuka mu tundi duce.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ibi nyuma yuko bivuzwe ko muri uyu Mudugudu wa Kabenda mu Kagari ka Cyarubanda mu Murenge wa Munyiginya, hakomeje kugaragara urugomo rukabije rukorwa n’insoresore zananiranye.

Bamwe mu batuye muri aka gace, babwiye igitangazamakuru cyitwa BTN ko “umwana wese unaniye ababyeyi” mu tundi duce, “ahita aza gukodesha muri uyu Mudugudu”, bigatuma ibikorwa by’urugomo, birushaho kuba byinshi.

Abatuye muri uyu Mudugudu, bavuga ko hari ubusinzi bukabije bw’abanywa ibisindisha ubundi bakishora mu bikorwa biteza umutekano mucye mu baturage.

Umwe yagize ati “Hari igihe ujya kubona ukabona umuntu ntumuzi muri quartier wabaza n’Umuyobozi w’Umudugudu akakubwira ko atamuzi. Mu by’ukuri ibirara birahari tutazi aho bituruka.”

Undi muturage agira ati “Cyane ni urubyiruko rugenda ruva hirya no hino mu Mirenge itandukanye, bakaza bakahahurira bagakora urugomo […] bakaza bakarwana, urwo rugomo rukaza gutyo. Ni ukuvuga ngo umwana wananiye iwabo wenda nk’i Munyiginya araza hano muri Cyarubanda, kubera azi ko ari ho n’ibindi birara biri, bakahahurira, hasa nk’aho ari mu ihuriro ry’ibirara.”

Aba baturage bavuga ko ntako inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zitagize ngo zihangane n’uru rubyiruko ariko bikaba byarananiranye, bagasaba ko hakwiye gushyirwa inzego z’umutekano zigahangana na bo mu buryo bwihariye.

Polisi y’u Rwanda igira icyo ivuga kuri iki kibazo, yatangaje ko yakinjiyemo, ndetse ko aba mbere bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bibangamira abatuye muri aka gace, bamaze gutabwa muri yombi.

Uru rwego rwagize ruti “Polisi ifatanyije n’abaturage yakurikiranye iki kibazo cy’urugomo n’ubusinzi muri aka gace. Hamaze gufatwa abarenga 10 kandi ibikorwa byo gukurikirana abandi bacyekwa birakomeje.”

Polisi y’u Rwanda yoboneyeho gusaba abaturage kwirinda kwishora muri ibi bikorwa bibi by’ubusinzi n’urugomo, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababirimo bazafatwa bakabiryozwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 4 =

Previous Post

Trump yongeye kuvuga ku guhura na Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.