Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze umugambi ukekwa kuri General Tshiwewe wabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka rya Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, akekwaho umugambi wo gushaka kwivugana Umukuru w’Igihugu, ndetse ko mu mabazwa yakorewe uyu Mujenerali atigeze abihakana.

Hari hamaze iminsi havugwa amakuru ko Lieutenant-Général Christian Tshiwewe na bamwe mu bajenerali muri FARDC batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi bwa gisirikare muri Congo, ndetse havugwa ko bari mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi buriho.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko Augustin Kabuya, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya UPDS rya Perezida Tshisekedi, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025, yatangaje ko uyu wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC akekwaho umugambi wo gushaka kwivugana Perezida Félix Tshisekedi.

Yagize ati “Umunsi hatabwaga muri yombi uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo Christian Tshiwewe, nabonye abantu bavuga ngo: murabona hatangiye gufungwa abajenerali bo mu muryango umwe. Mwumve neza, none se ubwo Perezida Félix Tshisekedi yazamuraga abajenerali, yabikoraga mu izina ry’imiryango bakomokamo? Ariko imvugo nk’izo zituruka he? Ikigaragara abantu ntabwo babona uburemere bw’iki kibazo, ni gute umuntu yicara akavuga ibintu nk’ibyo nyuma y’ibyo we n’abambari be bagerageje kwica umuntu, umubyeyi w’umuryango, umubyeyi mukuru, w’urwego rwa mbere mu Gihugu?

Augustin Kabuya, yavuze ko mu mabazwa yakorewe General Christian Tshiwewe, imbere y’inzego z’umutekano, atigeze ahakana uyu mugambi akekwaho.

Ati “Ni ukuvuga ko na we ubwe yicaye akiyemeza ko agiye kumwica. Yewe na mbere yo kwica inkoko, wari ukwiye no kubanza ukabitekerezaho, none abantu bose tumuri inyuma, ntibategekereza uko bazivana muri ako kaga? Ese tuzabakomera amashyi?”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za DRC, Lieutenant-Général Jules Banza Mwilambwe, mu mpera z’icyumweru gishize ubwo yagarukaga ku Bajenerali baherutse gutabwa muri yombi, yavuze ko bitagizwemo uruhare n’ubutabera bwa Gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 10 =

Previous Post

Inzego zinjiye mu kibazo cyavugishije benshi cya Hoteli ivugwaho serivisi zihabanye n’uko igaragara inyuma

Next Post

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

Related Posts

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

by radiotv10
11/11/2025
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yavuze ko nta Munya-Uganda ushobora kuzana imikino yo kujya mu muhanda ngo agiye kwigaragambya...

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

DRC: Former Army Chief General Tshiwewe accused of plotting to assassinate President Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.