Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu nshingano Abayobozi banyuranye, barimo Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba muri Guverinoma, na Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wabaye mu Buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bahawe inshingano muri Komisiyo yo Gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare.

Iyi nama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yahaye inshingano abayobozi banyuranye.

Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Vincent Karega wigeze guhagararira u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Afurika y’Epfo, yagizwe Ambasaderi muri Algeria, naho Innocent Muhizi ahabwa guhagararira u Rwanda muri Singapore.

Mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Alphonsine Mirembe yagizwe Umunyamabanga Mukuru.

Muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Muhammed Semakula yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, ndetse na Sophie Nzabananima agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Gisele Umuhumuza wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa WASAC yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, mu gihe Canoth Manishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo Rusange.

Muri Minisiteri y’Ibidukikije, Fidele Bingwa yagizwe Umunyamabanga Uhoraho, naho muri Minisiteri ya Siporo, Candy Basomingera na we agirwa Umunyamabanga Uhoraho asimbura Uwayezu Francois Regis wari umaze amezi arindwi kuri izi nshingano.

Muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Aristarque Ngoga yagizwe Umunyamabanga Uhoraho.

Mu rwego rw’Ubushinjacyaha Bukuru, Prudence Biraboneye yagizwe Umunyamabanga Mukuru, mu gihe muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Amb. Jeanine Kambanda yagizwe Umunyamabanga Mukuru. Mu Kigo Gishinzwe Amazi, Dr. Asaph Kabanda yagizwe Umuyobozi Mukuru.

Muri Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima Busanzwe abari abasirikare, Valerie Nyirahabineza yakomeje kuba Perezida wayo, Maj Gen (Rtd) Jacques Nziza wigeze kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ingabo, agirwa Visi Perezida w’iyi Komisiyo.

Muri iyi Komisiyo kandi hashyizweho abagize Inama y’Abakomiseri, barimo Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu akanagira indi myanya irimo kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Hari kandi abandi bagize Inama y’Abakomiseri muri iyi Komisiyo, ari bo Dancille Nyirarugero, na Jacqueline Muhongayire.

Muri Komisiyo Ishinzwe Ivugurura ry’Amategeko, Claudine Dushimimana wari Umushinjacyaha ku Rwego rw’Igihugu, yagizwe Perezida w’iyi Komisiyo, na Andre Bucyana agirwa Umunyamabanga Mukuru.

Ambasaderi Vincent Karega yagizwe uhagarariye u Rwanda muri Algeria
Maj Gen (Rtd) Jacque Nziza yagizwe Visi Perezida wa Komisiyo yo Gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare
Gatabazi yagizwe umwe mu bakomiseri b’iyi Komisiyo

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 9 =

Previous Post

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Next Post

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a new digital identification system that will replace the current national ID in the...

The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

by radiotv10
27/09/2025
0

In today’s society, we often hear people saying, “Be bold, be loud, speak up!” It feels like the world belongs...

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
1

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

Netanyahu wa Israel yagaragarijwe ko atishimiwe mu nama y’abayobozi b’Isi

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.