Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

radiotv10by radiotv10
04/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore bashakanye, avuga ko yasubiye iwe akahasanga undi mugabo amusambanyiriza umugore, akavuga ko byatewe n’iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwamusohoye iwe, agasaba kurenganurwa.

Byabaye ku ya 01 Kanama 2025 ubwo Bizimana Emmanuel umaze igihe yarasubiye kuba iwabo yafatanyaga n’irondo kurarira urugo rwe yasohowemo, hagafatirwamo umugabo wari wararanye n’umugore we ariko yagerageza kuregera RIB bigapfa ubusa.

Ati “Nabonye umugore wanjye atahanye n’undi mugabo mbimenyesha abo twari kumwe ku irondo ndeste ubuyobozi bw’Umudugudu butubwira ko tuharara kugira ngo tumufate. Twahageze saa mbiri tuhava saa cyenda tumaze kumufata. Twamugejeje ku buyobozi bw’Umudugudu birangira bavuze ngo twumvikane ndabyanga mpita njya kuri RIB ngezeyo nsanga bohereje raporo ivuga ko uwo muntu nta cyaha afite kuko yari umucumbitsi.”

Abaturage bo mu Mudugudu wa Segege basanzwe bazi imibanire y’uyu mugabo n’umugore we, bavuga ko yarenganyijwe agasohorwa mu nzu byitwa ko ari ukubahiriza uburenganzira bw’umugore n’abana ahubwo bigatiza umurindi uyu mugore mu kwishora mu ngeso zidatuma yita ku bana.

Habonimana Alphonse wari mu baraye irondo kuri uru rugo yagize ati “Basambanye kuko twabasanze ku buriri bumwe bambaye ubusa kandi si umwana yabyaye. Icyo dusaba ni uko uyu mugabo yarenganurwa kuko bamusohoye mu nzu ye none isigaye itahamo abandi bagabo.”

Mutumwinka Jeanette na we ati “Bamuhaye inzu byitwa ko ari ukugira ngo arere abana ariko biza kurangira na byo atari uko bigenze kuko ataha igihe ashakiye, abana basanga ise kwa nyirakuru, ni umwana umwe uba hano na we akenshi arara mu nzu wenyine kuko nyina ashobora kumara iminsi itatu atarataha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kamali Kimonyo Innocent anenga icyemezo cy’urwego rwo hasi rwafashe umwanzuro wo gusohora uyu mugabo mu rugo, akavuga ko ubuyobozi bugiye kumusubiza mu rugo rwe mu gihe bombi bataratandukanwa n’Urukiko.

Ati “Ni byo rwose umugabo witwa Ngendahimana Welars yaharaye. Numvise ko uwo mugabo asigaye aba kwa nyina, ndetse n’abana akaba ari ho bajya bamusanga, ariko niba ari n’Ubuyobozi bw’Akagari cyangwa Umudugudu bwabigennye butyo kubera amakimbirane yari mu rugo ntaBWo ari byo. Tugomba kumusubiza mu rugo akabana n’umugore akabana n’abana, bakigishwa bari kumwe hagira ukora icyaha cyo guhohotera undi akabibazwa ukwe.”

Ikibazo nk’iki kandi cyagaragaye mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, aho n’ubundi umugabo yasohowe mu rugo rwe, nyuma yuko na we yavugwagaho amakimbirane n’umugore we ashingiye ku ngeso mbi z’ubusambanyi bashinjanya.

Asaba ubuyobozi kumurenganura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 15 =

Previous Post

Ubwato bwarimo abimukira barenga 150 bwarohamye benshi barapfa abandi baburirwa irengero

Next Post

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Related Posts

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
06/10/2025
0

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye,...

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame, yahawe igihembo mpuzamahanga ‘FIGO Distinguished Recognition Award’ gihabwa abagize uruhare rukomeye mu buzima bw’abari n’abategarugori. Madamu Jeannette...

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko kuba umuyobozi yateshuka agakora ikosa rimwe ari ibisanzwe nk’ikiremwamuntu, ariko ko iyo arisubiyemo kenshi, biba...

Do men really want independent women, or just the idea of them?

Do men really want independent women, or just the idea of them?

by radiotv10
06/10/2025
0

Today, many men say they want an independent woman, someone who is confident, hardworking, and not fully dependent on them....

Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

Musanze: Amazi meza begerejwe yabaye imbonekarimwe none amaburakindi yabasubije mu bishanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bavuga ko, nubwo begerejwe ivomero ry’amazi meza, ariko bakomeje...

IZIHERUKA

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa
MU RWANDA

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

06/10/2025
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

06/10/2025
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango 'Yantare' urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.