Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

radiotv10by radiotv10
04/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore bashakanye, avuga ko yasubiye iwe akahasanga undi mugabo amusambanyiriza umugore, akavuga ko byatewe n’iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwamusohoye iwe, agasaba kurenganurwa.

Byabaye ku ya 01 Kanama 2025 ubwo Bizimana Emmanuel umaze igihe yarasubiye kuba iwabo yafatanyaga n’irondo kurarira urugo rwe yasohowemo, hagafatirwamo umugabo wari wararanye n’umugore we ariko yagerageza kuregera RIB bigapfa ubusa.

Ati “Nabonye umugore wanjye atahanye n’undi mugabo mbimenyesha abo twari kumwe ku irondo ndeste ubuyobozi bw’Umudugudu butubwira ko tuharara kugira ngo tumufate. Twahageze saa mbiri tuhava saa cyenda tumaze kumufata. Twamugejeje ku buyobozi bw’Umudugudu birangira bavuze ngo twumvikane ndabyanga mpita njya kuri RIB ngezeyo nsanga bohereje raporo ivuga ko uwo muntu nta cyaha afite kuko yari umucumbitsi.”

Abaturage bo mu Mudugudu wa Segege basanzwe bazi imibanire y’uyu mugabo n’umugore we, bavuga ko yarenganyijwe agasohorwa mu nzu byitwa ko ari ukubahiriza uburenganzira bw’umugore n’abana ahubwo bigatiza umurindi uyu mugore mu kwishora mu ngeso zidatuma yita ku bana.

Habonimana Alphonse wari mu baraye irondo kuri uru rugo yagize ati “Basambanye kuko twabasanze ku buriri bumwe bambaye ubusa kandi si umwana yabyaye. Icyo dusaba ni uko uyu mugabo yarenganurwa kuko bamusohoye mu nzu ye none isigaye itahamo abandi bagabo.”

Mutumwinka Jeanette na we ati “Bamuhaye inzu byitwa ko ari ukugira ngo arere abana ariko biza kurangira na byo atari uko bigenze kuko ataha igihe ashakiye, abana basanga ise kwa nyirakuru, ni umwana umwe uba hano na we akenshi arara mu nzu wenyine kuko nyina ashobora kumara iminsi itatu atarataha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kamali Kimonyo Innocent anenga icyemezo cy’urwego rwo hasi rwafashe umwanzuro wo gusohora uyu mugabo mu rugo, akavuga ko ubuyobozi bugiye kumusubiza mu rugo rwe mu gihe bombi bataratandukanwa n’Urukiko.

Ati “Ni byo rwose umugabo witwa Ngendahimana Welars yaharaye. Numvise ko uwo mugabo asigaye aba kwa nyina, ndetse n’abana akaba ari ho bajya bamusanga, ariko niba ari n’Ubuyobozi bw’Akagari cyangwa Umudugudu bwabigennye butyo kubera amakimbirane yari mu rugo ntaBWo ari byo. Tugomba kumusubiza mu rugo akabana n’umugore akabana n’abana, bakigishwa bari kumwe hagira ukora icyaha cyo guhohotera undi akabibazwa ukwe.”

Ikibazo nk’iki kandi cyagaragaye mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke, aho n’ubundi umugabo yasohowe mu rugo rwe, nyuma yuko na we yavugwagaho amakimbirane n’umugore we ashingiye ku ngeso mbi z’ubusambanyi bashinjanya.

Asaba ubuyobozi kumurenganura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 15 =

Previous Post

Ubwato bwarimo abimukira barenga 150 bwarohamye benshi barapfa abandi baburirwa irengero

Next Post

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango 'Yantare' urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.