Ubwato bwarimo abimukira b’Abanya-Ethiopia 154 bwarohamye muri Yemen, abagera kuri 68 baboneka bapfuye, mu gihe abandi barenga 70 baburiwe irengero.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Abimukira IOM rifite icyicaro muri Yemen, ryatangaje ko ubu bwato bwarohamye ku nkombe za Yemen kuri iki Cyumweru mu Ntara ya Abyan.
Ubwo iyi mpanuka yari ikiba, Inzego z’ubuzima za Yemen, zahise zitangaza ko abantu 54 bitabye Imana, ariko imibare ikomeza kwiyongera, aho ubu hamaze kwemezwa ko abapfuye ari 68 mu gihe abandi 74 bakomeje kuburirwa irengero.
Abdul Qader Bajamil, Umuyobozi Mukuru w’Ubuzima muri Zanzibar, yatangaje ko ubuyobozi buri gushakisha uburyo bwo gushyingura aba bantu hafi y’umujyi wa Shaqra, mu gihe hagikomeje ibikorwa byo gushakisha ababuriwe urengero.
Aba Bimukira b’Abanya-Ethiopia barohamye ubwo banyuraga iyi nzira yakunze kunyurwa n’abimukira bava mu ihembe rya Afurika berecyeza ku mugabane wa Asia mu buryo butemewe n’amategeko kuva muri za 2014.
Aba bimukira baba bahunga ibibazo biri mu Bihugu byabo, aho nk’Igihugu cya Ethiopia kimaze iminsi ari isibaniro ry’ibibazo n’intambara z’urudaca.
RADIOTV10