Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa kubona inguzanyo zo gushora imari muri ubwo butunzi.

I Waza muri Turkmenstan muri Asia yo hagati, hateraniye ku bibazo byugarije Ibihugu 32 biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku Nyanja.

Urutonde rw’Umuryango w’Abibumbye rugaragaza ko u Rwanda ari kimwe muri ibyo Bihugu bikomeje urugendo rw’iterambere muri ubwo buryo bavuga ko butoroshye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yagize ati “Iyo ibihugu bidakora ku Nyanja; tubona urusobe runini rw’ibibazo.”

Muri ibyo Bihugu 32; harimo 16 byo ku Mugabane wa Afurika. Guterres avuga ko nubwo ibi Bihugu bifite ubutunzi bwinshi; ariko byugarijwe n’ibibazo bitandukanye.

Yagize ati “Amadeni akomeje kurenga ubushobozi bw’Ibihugu. 1/3 cy’Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku nyanja; byugarijwe n’ibibazo by’intambara n’umutekano muce. Nubwo ibi Bihugu byihariye 7% by’abaturage b’Isi yose; ariko bigira uruhare rwa 1% mu bukungu bw’Isi.

Yakomeje agira ati “Ibi bihugu bifite ubutunzi bwinshi burimo umutungo kamere n’abakozi bahagije, ariko uwo mutungo ntubyazwa umusaruro kubera ko badafite igishoro cyo kuwutunganya no kuwugeza ku isoko. Uyu munsi kandi ikibazo cyo kutagerwaho n’ikoranabuhanga kirakomeye, abatuye muri ibi Bihugu ntibarikoresha byumwihariko abagore n’abatuye mu cyaro ntiribageraho.”

Uyu mukuru w’Umuyango w’Abibumbye avuga ko amahanga agomba gufasha ibi Bihugu kuva muri ubu bwigunge mu iterambere.

Ati “Ibiganiro by’uyu munsi byagaragaje ko Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku Nyanja; ntabwo bikeneye abagiraneza, bakeneye koroherezwa kubona igishoro nk’abandi. Imikorere y’ibigo bitanga inguzanyo igomba kuvugururwa kugira ngo bifashe ababikeneye cyane.

Ibihugu byinshi byugarijwe n’amadeni menshi ibindi byabuze igishoro, bishyura menshi ku nguzanyo, ariko bagahabwa inkunga nke. Dukeneye ko bahabwa inguzanyo ihendutse, bakanasonerwa inguzanyo. Ibigo by’imari na byo bigomba kumva imikorere yo mumyaka 80 ishize; bikajyana n’aho igihe kigeze.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishizwe ubucuruzi rigaragaza ko buri mwaka Umugabane wa Afurika unyereza inkunga ingana na miliyari 88.6 USD, angana na 3% by’umusaruro mbumbe w’uyu Mugabane.

Hagati y’umwaka wa 2000 na 2015 uyu Mugabane wanyereje inkunga ingana na miliyari 836 USD, aruta inguzanyo uyu Mugabane wahawe muri 2018.

Muri 2023 uyu Mugabane wahawe inkunga ya miliyari 75 USD ariko banyereza miliyari 90 USD. Abahanga b’uyu muryango bavuga ko bituma uyu Mugabane uhorana icyuho cya miliyari 200 USD mu ngengo y’imari ya buri mwaka. Ibi ni kimwe bigwingiza iterambere ry’ibi Bihugu.

Bavuga ko igikenewe cya mbere ari uko ibi Bihugu bigomba kubanza kunoza imikoreshereze y’inkunga n’inguzanyo, bigahangana n’abatwara aya mafaranga aba agenewe guteza imbere imibereho y’abaturage.

Icyakora u Rwanda rwo ruri mu Bihugu bigaragaza ko amafaranga yose rwakira akoreshwa icyo yagenewe, ari na byo bituma amahanga arushaho kurwizera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − one =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Next Post

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Related Posts

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

Mu Kagari ka Rukara mu Murenge wa Rukara Karere ka Kayonza, abacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, birukankanye umushumba...

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

by radiotv10
03/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabwiye Abofisiye binjiye muri RDF, ko bagomba guhora basirikana...

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma yuko mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango ishingiye ku myemerere mu Rwanda hashyizwemo ko abayobora amadini n’amatorero  bagomba kuba...

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

by radiotv10
03/10/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwambuye uruhushya rwari rwahawe Inzozi Lotto rwo gukoresha Tombola y’Igihugu, kuko itubahirije inshingano ziri...

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

by radiotv10
03/10/2025
0

Brian Kagame, bucura wa Perezida Paul Kagame, ni umwe mu Bofisiye barangije amasomo ya gisirikare hanze y’u Rwanda, bagiye kurahirira...

IZIHERUKA

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
MU RWANDA

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

03/10/2025
Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

03/10/2025
10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

03/10/2025
Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.