Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa kubona inguzanyo zo gushora imari muri ubwo butunzi.

I Waza muri Turkmenstan muri Asia yo hagati, hateraniye ku bibazo byugarije Ibihugu 32 biri mu nzira y’amajyambere bidakora ku Nyanja.

Urutonde rw’Umuryango w’Abibumbye rugaragaza ko u Rwanda ari kimwe muri ibyo Bihugu bikomeje urugendo rw’iterambere muri ubwo buryo bavuga ko butoroshye.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yagize ati “Iyo ibihugu bidakora ku Nyanja; tubona urusobe runini rw’ibibazo.”

Muri ibyo Bihugu 32; harimo 16 byo ku Mugabane wa Afurika. Guterres avuga ko nubwo ibi Bihugu bifite ubutunzi bwinshi; ariko byugarijwe n’ibibazo bitandukanye.

Yagize ati “Amadeni akomeje kurenga ubushobozi bw’Ibihugu. 1/3 cy’Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku nyanja; byugarijwe n’ibibazo by’intambara n’umutekano muce. Nubwo ibi Bihugu byihariye 7% by’abaturage b’Isi yose; ariko bigira uruhare rwa 1% mu bukungu bw’Isi.

Yakomeje agira ati “Ibi bihugu bifite ubutunzi bwinshi burimo umutungo kamere n’abakozi bahagije, ariko uwo mutungo ntubyazwa umusaruro kubera ko badafite igishoro cyo kuwutunganya no kuwugeza ku isoko. Uyu munsi kandi ikibazo cyo kutagerwaho n’ikoranabuhanga kirakomeye, abatuye muri ibi Bihugu ntibarikoresha byumwihariko abagore n’abatuye mu cyaro ntiribageraho.”

Uyu mukuru w’Umuyango w’Abibumbye avuga ko amahanga agomba gufasha ibi Bihugu kuva muri ubu bwigunge mu iterambere.

Ati “Ibiganiro by’uyu munsi byagaragaje ko Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ariko bidakora ku Nyanja; ntabwo bikeneye abagiraneza, bakeneye koroherezwa kubona igishoro nk’abandi. Imikorere y’ibigo bitanga inguzanyo igomba kuvugururwa kugira ngo bifashe ababikeneye cyane.

Ibihugu byinshi byugarijwe n’amadeni menshi ibindi byabuze igishoro, bishyura menshi ku nguzanyo, ariko bagahabwa inkunga nke. Dukeneye ko bahabwa inguzanyo ihendutse, bakanasonerwa inguzanyo. Ibigo by’imari na byo bigomba kumva imikorere yo mumyaka 80 ishize; bikajyana n’aho igihe kigeze.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishizwe ubucuruzi rigaragaza ko buri mwaka Umugabane wa Afurika unyereza inkunga ingana na miliyari 88.6 USD, angana na 3% by’umusaruro mbumbe w’uyu Mugabane.

Hagati y’umwaka wa 2000 na 2015 uyu Mugabane wanyereje inkunga ingana na miliyari 836 USD, aruta inguzanyo uyu Mugabane wahawe muri 2018.

Muri 2023 uyu Mugabane wahawe inkunga ya miliyari 75 USD ariko banyereza miliyari 90 USD. Abahanga b’uyu muryango bavuga ko bituma uyu Mugabane uhorana icyuho cya miliyari 200 USD mu ngengo y’imari ya buri mwaka. Ibi ni kimwe bigwingiza iterambere ry’ibi Bihugu.

Bavuga ko igikenewe cya mbere ari uko ibi Bihugu bigomba kubanza kunoza imikoreshereze y’inkunga n’inguzanyo, bigahangana n’abatwara aya mafaranga aba agenewe guteza imbere imibereho y’abaturage.

Icyakora u Rwanda rwo ruri mu Bihugu bigaragaza ko amafaranga yose rwakira akoreshwa icyo yagenewe, ari na byo bituma amahanga arushaho kurwizera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + seventeen =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Next Post

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

Why is therapy considered a weakness among Africans?

Why is therapy considered a weakness among Africans?

by radiotv10
06/08/2025
0

In many African societies, seeking therapy is often viewed not as a step toward healing, but as a sign of...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.