Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwamaze imyaka 30 asaba kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside ubu ari mu byishimo

radiotv10by radiotv10
11/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwamaze imyaka 30 asaba kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside ubu ari mu byishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Munyentwali Gervais wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi wamaze imyaka 30 ataremezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kubera impamvu zirimo no kuba hari abamushinjaga kuyikora, yaje kwemezwa none arishimira guhabwa inzu yo kubamo n’inka izakamirwa abana.

Mu mpera za 2023 nibwo uyu musaza yaganiriye na RADIOTV10 inshuro ebyiri ku kibazo cy’inzu yendaga kumugwaho, nyuma ubuyobozi bugahita buyisenya kugira ngo itazateza ibibazo, ndeste no kuba icyo gihe yari ataremezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Icyo gihe Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Nkanka, Dusenge Dieudone yavugaga ko uretse kuba uyu musaza atarigeze yitabira kwibaruza nyuma ya Jenoside nk’abandi, hari andi makuru yavugaga ko hari abamushinjaga impfu z’abana babiri, byombi bikaba impamvu yari ataremezwa

Icyo gihe yari yagize ati “Ahubwo no mu nteko hari ababonetse bamushinja ko yaba yarakoze na Jenoside, bamugerekaho abana babiri. Ariko njyewe mbitesha agaciro ndavuga nti ‘ibi bintu kuki bitavuzwe mbere hose?’, ariko na we aravuga ati ‘abo bana si njye wabishe, umuntu wabishe arabafungiwe’, ubu turacyabikurikirana ngo turebe nanjye umwanzuro ku karere bazaduha.”

Munyentwali wavugaga ko mu gihe cya Jenoside yatemwe mu mutwe akanakubitwa n’abicanyi ariko agatanga inka z’iwabo kugira ngo batamwica, nyuma yaje kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse hatangira gushakwa uburyo yabona inzu yo kubamo.

Binyuze mu bufatanye bw’Akarere ka Rusizi na Strive Foundation Rwanda, Munyetwari Geravais yubakiwe inzu, we n’umuryango we bayisangamo ibikoresho birimo ibiryamirwa unahabwa inka yo kuzakamirwa abana wishimira ko ubuzima bugiye guhinduka.

Munyentwari Gervais nawe ati “Ndishimye cyane ahubwo ndi kubyina kubera ibyishimo, bampaye inyana nziza y’umusengo, ngiye kuyihata ubwatsi izaduhe amata.”

Mukarurangwa Alexiane ati “Ni ibyishimo birenze, kubera ko urabona ahantu twari turi hari habi harya wadusangaga, kuba baduhaye inzu turatabawe, ni nko mu mwobo tuvuye, tugiye gutangira ubuzima bushya.”

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Nkanka, Dusenge Dieudone avuga ko urwego akuriye rwishimiye kuba uyu muturage abonye icumbi ribereye nyuma y’igihe kirekire abaho nabi bitewe no kutisanga mu bandi.

Ati “Twaje gusanga ari umugenerwabikorwa kandi ukwiriye gufashwa na we nk’Umunyarwanda, twishimiye igikorwa Strive Foundation Rwanda yakoze kuko igabanyije ku rutonde rw’abo dufite bafite ibibazo by’imibereho.”

Ubuyobozi bw’uyu muryango bwafatanyije n’ubw’Akarere kubakira uyu muturage, buvugwa ko uretse inzu n’inka uyu muryango wahawe, hari n’ubundi bufasha bw’igihe kirekire ugenewe bwitezweho guhindura imibereho yawo.

Yahawe inzu yo kubamo
Yayisanzemo ibikoresho byose byo mu nzu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Next Post

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.