Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwamaze imyaka 30 asaba kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside ubu ari mu byishimo

radiotv10by radiotv10
11/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwamaze imyaka 30 asaba kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside ubu ari mu byishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Munyentwali Gervais wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi wamaze imyaka 30 ataremezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kubera impamvu zirimo no kuba hari abamushinjaga kuyikora, yaje kwemezwa none arishimira guhabwa inzu yo kubamo n’inka izakamirwa abana.

Mu mpera za 2023 nibwo uyu musaza yaganiriye na RADIOTV10 inshuro ebyiri ku kibazo cy’inzu yendaga kumugwaho, nyuma ubuyobozi bugahita buyisenya kugira ngo itazateza ibibazo, ndeste no kuba icyo gihe yari ataremezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Icyo gihe Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Nkanka, Dusenge Dieudone yavugaga ko uretse kuba uyu musaza atarigeze yitabira kwibaruza nyuma ya Jenoside nk’abandi, hari andi makuru yavugaga ko hari abamushinjaga impfu z’abana babiri, byombi bikaba impamvu yari ataremezwa

Icyo gihe yari yagize ati “Ahubwo no mu nteko hari ababonetse bamushinja ko yaba yarakoze na Jenoside, bamugerekaho abana babiri. Ariko njyewe mbitesha agaciro ndavuga nti ‘ibi bintu kuki bitavuzwe mbere hose?’, ariko na we aravuga ati ‘abo bana si njye wabishe, umuntu wabishe arabafungiwe’, ubu turacyabikurikirana ngo turebe nanjye umwanzuro ku karere bazaduha.”

Munyentwali wavugaga ko mu gihe cya Jenoside yatemwe mu mutwe akanakubitwa n’abicanyi ariko agatanga inka z’iwabo kugira ngo batamwica, nyuma yaje kwemezwa nk’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse hatangira gushakwa uburyo yabona inzu yo kubamo.

Binyuze mu bufatanye bw’Akarere ka Rusizi na Strive Foundation Rwanda, Munyetwari Geravais yubakiwe inzu, we n’umuryango we bayisangamo ibikoresho birimo ibiryamirwa unahabwa inka yo kuzakamirwa abana wishimira ko ubuzima bugiye guhinduka.

Munyentwari Gervais nawe ati “Ndishimye cyane ahubwo ndi kubyina kubera ibyishimo, bampaye inyana nziza y’umusengo, ngiye kuyihata ubwatsi izaduhe amata.”

Mukarurangwa Alexiane ati “Ni ibyishimo birenze, kubera ko urabona ahantu twari turi hari habi harya wadusangaga, kuba baduhaye inzu turatabawe, ni nko mu mwobo tuvuye, tugiye gutangira ubuzima bushya.”

Perezida wa Ibuka mu Murenge wa Nkanka, Dusenge Dieudone avuga ko urwego akuriye rwishimiye kuba uyu muturage abonye icumbi ribereye nyuma y’igihe kirekire abaho nabi bitewe no kutisanga mu bandi.

Ati “Twaje gusanga ari umugenerwabikorwa kandi ukwiriye gufashwa na we nk’Umunyarwanda, twishimiye igikorwa Strive Foundation Rwanda yakoze kuko igabanyije ku rutonde rw’abo dufite bafite ibibazo by’imibereho.”

Ubuyobozi bw’uyu muryango bwafatanyije n’ubw’Akarere kubakira uyu muturage, buvugwa ko uretse inzu n’inka uyu muryango wahawe, hari n’ubundi bufasha bw’igihe kirekire ugenewe bwitezweho guhindura imibereho yawo.

Yahawe inzu yo kubamo
Yayisanzemo ibikoresho byose byo mu nzu

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + thirteen =

Previous Post

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Next Post

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Ubutumwa Perezida wa Ghana yatanze ubwo hashyingurwaga abayobozi mu nzego nkuru z’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.