• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho urugero na bimwe mu Bihugu na byo byamaze kuwugira umuco, avuga ko ari byiza kandi ko yanyuzwe no kumva ibikorwa nk’ibi.

Donald Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 11 Kanama 2025 agaruka ku Bihugu bimwe bifite abaturage bajya bafata umunsi bagakora isuku aho batuye.

Igikorwa cy’Umuganda kizwi nk’umwihariko w’u Rwanda, cyagiye kinakurikizwa na bimwe mu Bihugu, byumwihariko ibirimo inzego z’umutekano z’u Rwanda zagiyeyo mu butumwa bw’amahoro.

Trump yagize ati “Hari bimwe mu Bihugu bifata umunsi wo ku wa Gatandatu, abaturage bagenda bagatunganya imihanda y’aho batuye, bagasukura, bagakesha inzira z’aho banyura.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo twe duhagaze neza kuri urwo rwego, ntabwo twari turi kuri urwo rwego, ntabwo nabitekerezaga, ariko rwose ni ibintu byiza kubyumva no kubona amakuru nk’ayo. Bava mu ngo zabo bakajya gukubura imihanda.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe ajyendeye kuri ibi byatangajwe na Perezida Donald Trump, yahise atangaza ko ibyo yavugaga ino mu Rwanda tubyita “Umuganda” kandi ko ari umwihariko w’iki Gihugu cy’imisozi igihumbi.

Umuganda ufite amateka mu Rwanda, wagaruwe na Leta y’Ubumwe mu 1998 ubwo Igihugu cyariho cyubakwa nyuma yuko gisenywe n’ubutegetsi bwa bwabayeho mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwayiteguye bukanayikora.

Mu mwaka wa 2007, Umuganda rusange waje kwemezwa nk’Igikorwa cy’Iterambere rusange, uba ngarukakwezi, aho ukorwa buri wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Next Post

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma 'bakarigataho'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.