• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in IMYIDAGADURO
0
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Nepo Dushime bita ‘Mubicu’ uzwi mu biganiro bya siporo no kogeza imipira, yerecyeje ku kindi gitangazamakuru nyuma yo gutandukana na radio yakoreraga.

Nepo ‘Mubicu’ ni umwe mu banyamakuru bari batangiranye na Radio itaramara igihe kinini mu Rwanda izwi nka SK FM, aho yari yayerecyejeho n’ubundi gukora ibiganiro bya siporo no kogeza umupira amenyereweho.

Hari hamaze iminsi hanugwanugwa amakuru ko ashobora kwerecyeza mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, byumwihariko kuri Radio Rwanda, kugeza uyu munsi ubwo amakuru yabaye impamo.

Uyu munyamakuru wakoreye ibitangazamakuru binyuranye, yahawe ikaze kuri Radio Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Kanama, mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ gitambuka kuri iki gitangamazamakuru.

Nepo ‘Mubicu’ yishimiye kuba yinjiye mu muryango mugari w’iki gitangazamakuru akizeza kuzakorana umurava mu kazi ke. Ati “Nzatanga ibyo mfite kandi nzi ko abadukurikirana tuzabana neza, niteguye gutanga ibyanjye byose.”

Uyu munyamakuru yerecyeje kuri iyi radio, nyuma y’icyumweru kimweundi uzwi mu biganiro bya Siporo Musangamfura Christian Lorenzo we atangiye akazi ku yindi radio nyuma yo gutandukana n’iyi Radio Rwanda.

Hamaze iminsi kandi humvikana abanyamakuru bo mu biganiro bya siporo bahindura ibitangazamakuru bakorera, barimo Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu na bo bamaze kwerecyeza kuri Radio nshya yitwa Urban Radio.

Nepo Mubicu yizeje kuzakorana umurava

Yakiriwe n’abarimo umuyobozi wa Radio za RBA, Ines Ghislaine
Abanyamakuru bazakorana n’uyu munyamakuru mushya muri RBA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 3 =

Previous Post

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Next Post

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n'uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.