Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80
Share on FacebookShare on Twitter

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y’abamushyigikira kugira ngo azabone uko atanga kandidatire mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, agahatana na Perezida Yoweri Museveni, agasaba Abanya-Uganda kumushyigikira batitaye ku myaka ye cyangwa uko agaragara inyuma.

Uyu mukobwa wo mu gace ka Nkowe afite intero igira iti “Open Door, New Uganda for Everyone”, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari agiye gufata izo nyandiko, yavuze ko yifuza ko Abanya-Uganda bazamushyigikira muri uru rugendo rwe.

Ati “Buri wese ndamusaba kungirira icyizere. Ndabizi muraza kuvuga ngo uyu ni umukobwa ukiri muto ntacyo yakora. Muraza kuvuga ngo abagore bagira imbamutima nyinshi, ariko kugira imbamutima biba bigaragaza ko ufite ubumuntu.”

Uyu mukobwa avuga ko Uganda imaze igihe kinini iyoborwa n’Umuperezida umwe, ariko ko igihe kigeze ngo Abanya-Uganda bafunguke amaso banahe amahirwe abandi kugira ngo na bo bagaragaze ibyo bashoboye, kandi ko mu bafite ubwo bushobozi arimo.

Agendeye kuri iyi ntero ye “Open Door, New Uganda for Everyone”, avuga ko Uganda igomba guha ikaze buri Munya-Uganda wese aho yaba ari ku Isi akaza mu Gihugu cye.

Jorine Najjemba avuga ko yatangiye kwiyumvamo akayihayiho ka Politiki akiri mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, ndetse ko icyo gihe nabwo yumvaga yakwiyamamaza, ariko ko bamugiriye inama ko yabanza agakura.

Ati “Ubu rero ni cyo gihe ngo nzane impinduka kuko nujuje ibisabwa byose kugira ngo Uganda ibe nziza kurushaho.”

Ku bashobora kutamugirira icyizere bitewe n’iyi myaka ye ndetse n’uko agaragara inyuma, yagize ati “Rwose mungirire icyizere, ntimufate umwanzuro mugendeye ku myaka yanjye cyangwa uko ngaragara inyuma, yego nshobora kuba ndi muto ariko…”

Uyu mukobwa wagiye gufata impapuro zo kuzajya gusinyisha abantu bashobora kuzamushyigikira kugira ngo abone gutanga kandidatire, kuri uyu wa Mbere, ubwo hari hamaze kugaragara abantu 28 bifuza kujya gusinyisha nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Paul Bukenya.

Kuri uwo munsi kandi hagaragaye abandi Banya-Uganda bakiri bato bifuza kuzahatana mu matora, aho uretse uyu mukobwa w’imyaka 20 y’amavuko, hanaje Sam Koojo w’imyaka 25, na Pollin Nankambwe w’imyaka 24 wiga muri Kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Next Post

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.