Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite intego ko muri iyi myaka itanu kazikuba kabiri.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva ubwo yagaragarizaga Inteko Rusange; Sena n’Umutwe w’Abadepite, Gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu, NST2 (2024-2029).

Yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kohereza ku masoko mpuzamahanga ibicuruzwa by’ingeri zitandukanye byongerewe umusaruro ku buryo byinjiriza Igihugu amadovize menshi.

Ibi byatumye umusaruro w’ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda woherezwa mu mahanga uzamuka, wikuba inshuro icyenda mu myaka irindwi ishize, aho agaciro kabyo kavuye kuri miliyoni 217 $ muri 2017 kagera kuri miliyari 1,8 $ muri 2024.

Ibihingwa byongerewe agaciro byoherejwe mu mahanga byavuye ku gaciro ka miliyoni 71 $ muri 2017, kagera kuri miliyoni 141 $ muri 2024.

Naho umusaruro w’ibindi bicuruzwa birimo amabuye y’agaciro, ibikoresho by’ubwubatsi n’imyenda, wavuye kuri miliyoni 146 $ mu mwaka wa 2017 ugera kuri miliyari 1,7$ muri 2024. Wikubye inshuro 12.

Umusaruro w’ibihingwa ngengabukungu ugizwe n’ikawa, icyayi n’ibireti na wo wongerewe agaciro, wavuye kuri miliyoni 283$ muri 2017 ugera kuri miliyoni 442$ muri 2024.

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yagize ati “Agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga kazikuba inshuro zirenga ebyiri. Kazava kuri miliyari $3,5 mu 2023 kagere kuri miliyari $7,3 muri 2029.”

Yakomeje agira ati “Biteganyijwe Kandi ko ibyoherezwa mu mahanga bizazamuka ku mpuzamdengo ya 13% buri mwaka, ni mu gihe ibitumizwa mu mahanga na byo bizazamuka ku kigero cy’ 8%.”

Minisitiri w’Intebe kandi yavuze ko ubuhinzi bwitezwe kuzamuka buri mwaka ku mpuzandengo iri hejuru ya 6%. Inganda na serivisi na byo bizazamuka hejuru ya 10% buri mwaka.

Ni mu gihe Ishoramari ry’abikorera rizazamuka rikava kuri 15.9% ry’umusaruro mbumbe w’Igihugu mu 2023 rikagera kuri 21.1% mu 2029.

Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Kabiri ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko Gahunda y’imyaka itanu
Sena n’Umutwe w’Abadepite bari bateranye

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 1 =

Previous Post

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.