Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare babiri ba RDF bafite ipeti rya Captain n’abanyamakuru batatu, ku bw’impamvu zifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 mu Rukiko rwa Gisirikare ruherereye i Nyamirambo.

Aba bantu 28 baregwa muri uru rubanza, bashinjwa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu kwakira inyandiko utemerewe, icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Muri uru rubanza habanje kuba impaka zarubanjirije zirimo icyifuzo cyatanzwe n’uruhande rw’umwe mu baregwa, ari we Captain Peninah Mutoni rwavugaga ko atiteguye kuburana kuko yatinze kubona dosiye, yabonye mu ijoro ryacyeye, ndetse no kuba yari afite gahunda yo kujya kwa muganga kuko atwite.

Bamwe mu bunganira abaregwa bavuze ko nubwo umwe mu bashinjwa ataburana uyu munsi akazaburana ikindi gihe, bitabuza urubanza gukomeza ndetse binemezwa n’Urukiko, rwemeye ko Captain Peninah Mutoni ajya kwa muganga akazaburana mu cyumweru gitaha tariki 18 Kanama.

Ubushinjacyaha bwahise buzamura indi nzitizi busaba ko bwifuza ko urubanza ruregwamo aba barimo abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda rwashyirwa mu muhezo.

Ibyaha biregwa aba bantu bishingiye ku matike y’indege yaguzwe hakoreshejwe Konti ya Minisiteri y’Ingabo ubwo ikipe ya APR FC yajyaga mu Misiri gukina na Pyramids, muri Nzeri 2024 mu Irushanwa Nyafurika rya CAF Champions League.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku mpamvu z’Umutekano w’Igihugu kuko ibyo baregwa bishingiye kuri Minisiteri y’Ingabo, ndetse no kwirinda ko ibyavugirwamo byawuhungabanya, rwashyirwa mu muhezo.

Umushinjacyaha yavuze ko “nta buryo watandukanya Minisiteri y’Ingabo n’umutekano w’igihugu” Bityo ko bikwiye ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo.

Ni mu gihe bamwe mu baregwa n’ababunganira bo basabaga ko baburanishirizwa mu ruhame, ku buryo haba hagezwe ku bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu bikaburanishirizwa mu muhezo.

Bavugaga ko ibyo bashinjwa bifitanye isano n’umutungo w’Igihugu, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kumenya ibivugirwamo.

Nyuma y’izi mpaka, Urukiko rwa Gisirikare rwemeje ko uru rubanza rufitanye isano n’Urwego rushinzwe Umutekano w’Igihugu, rutegeka ko rushyirwa mu muhezo.

Urubanza iyo rushyizwe mu muhezo, ibyemezo kuri rwo, byo bitangarizwa mu ruhame nk’uko biteganywa n’Itegeko ryerecyeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Ubwo hemezwaga ko urubanza rushyirwa mu muhezo abo rutareba basohowe mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − thirteen =

Previous Post

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Next Post

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
14/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

IZIHERUKA

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
MU RWANDA

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

14/08/2025
Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

13/08/2025
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.