• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare babiri ba RDF bafite ipeti rya Captain n’abanyamakuru batatu, ku bw’impamvu zifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 mu Rukiko rwa Gisirikare ruherereye i Nyamirambo.

Aba bantu 28 baregwa muri uru rubanza, bashinjwa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu kwakira inyandiko utemerewe, icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Muri uru rubanza habanje kuba impaka zarubanjirije zirimo icyifuzo cyatanzwe n’uruhande rw’umwe mu baregwa, ari we Captain Peninah Mutoni rwavugaga ko atiteguye kuburana kuko yatinze kubona dosiye, yabonye mu ijoro ryacyeye, ndetse no kuba yari afite gahunda yo kujya kwa muganga kuko atwite.

Bamwe mu bunganira abaregwa bavuze ko nubwo umwe mu bashinjwa ataburana uyu munsi akazaburana ikindi gihe, bitabuza urubanza gukomeza ndetse binemezwa n’Urukiko, rwemeye ko Captain Peninah Mutoni ajya kwa muganga akazaburana mu cyumweru gitaha tariki 18 Kanama.

Ubushinjacyaha bwahise buzamura indi nzitizi busaba ko bwifuza ko urubanza ruregwamo aba barimo abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda rwashyirwa mu muhezo.

Ibyaha biregwa aba bantu bishingiye ku matike y’indege yaguzwe hakoreshejwe Konti ya Minisiteri y’Ingabo ubwo ikipe ya APR FC yajyaga mu Misiri gukina na Pyramids, muri Nzeri 2024 mu Irushanwa Nyafurika rya CAF Champions League.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku mpamvu z’Umutekano w’Igihugu kuko ibyo baregwa bishingiye kuri Minisiteri y’Ingabo, ndetse no kwirinda ko ibyavugirwamo byawuhungabanya, rwashyirwa mu muhezo.

Umushinjacyaha yavuze ko “nta buryo watandukanya Minisiteri y’Ingabo n’umutekano w’igihugu” Bityo ko bikwiye ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo.

Ni mu gihe bamwe mu baregwa n’ababunganira bo basabaga ko baburanishirizwa mu ruhame, ku buryo haba hagezwe ku bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu bikaburanishirizwa mu muhezo.

Bavugaga ko ibyo bashinjwa bifitanye isano n’umutungo w’Igihugu, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kumenya ibivugirwamo.

Nyuma y’izi mpaka, Urukiko rwa Gisirikare rwemeje ko uru rubanza rufitanye isano n’Urwego rushinzwe Umutekano w’Igihugu, rutegeka ko rushyirwa mu muhezo.

Urubanza iyo rushyizwe mu muhezo, ibyemezo kuri rwo, byo bitangarizwa mu ruhame nk’uko biteganywa n’Itegeko ryerecyeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Ubwo hemezwaga ko urubanza rushyirwa mu muhezo abo rutareba basohowe mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Related Posts

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

by radiotv10
07/07/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagizwe umwe mu Bayobozi Bakuru ba Komisiyo Nshya y’Ubwenge Bukorano AI (Artificial Intelligence)...

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

Umunyamafaranga ufite imitungo myinshi waregwaga kuyigwizaho yagizwe umwere

by radiotv10
07/07/2026
0

Umunyemari ufite imitungo myinshi irimo ibibanza birenga 100, n’imodoka zirenga 20 waregwaga kwigwizaho imitungo ayikuye mu ishyirahamwe yakoreraga mu Karere...

Menya ibyo umuntu ukurikiranyweho icyaha mu Rwanda aba yemerewe

Menya ibyo umuntu ukurikiranyweho icyaha mu Rwanda aba yemerewe

by radiotv10
07/07/2026
0

Umuntu wese ukurikiranweho icyaha afatwa nk’umwere kugeza igihe icyaha kimuhamye mu buryo bwemewe n’amategeko. Ni ihame riteganywa n'Itegeko Nshinga ry'u...

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

President Kagame Appointed Co-Chair of New UN Global Commission on Artificial Intelligence

by radiotv10
07/07/2026
0

President of the Republic of Rwanda, Paul Kagame, has been appointed as one of the Co-Chairs of the new United...

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

U Rwanda na Israel biyemeje gushimangira ubufatanye banasinyana amasezerano

by radiotv10
07/07/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Israel, ziyemeje gushimangira ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi, zinasinya amasezerano y’imikoranire mu by’uburezi. Ni bimwe...

Next Post
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abakinnyi babiri bakiniye amakipe akomeye mu Rwanda bahaye abagore babo impano z’imodoka

Ntihavugwa rumwe kuri bariyeri nyinshi zashyizwe mu majyepfo y’u Burundi

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.