Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
13/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare babiri ba RDF bafite ipeti rya Captain n’abanyamakuru batatu, ku bw’impamvu zifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.

Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025 mu Rukiko rwa Gisirikare ruherereye i Nyamirambo.

Aba bantu 28 baregwa muri uru rubanza, bashinjwa icyaha cy’ubufatanyacyaha mu kwakira inyandiko utemerewe, icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe, ndetse n’ubufatanyacyaha mu gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Muri uru rubanza habanje kuba impaka zarubanjirije zirimo icyifuzo cyatanzwe n’uruhande rw’umwe mu baregwa, ari we Captain Peninah Mutoni rwavugaga ko atiteguye kuburana kuko yatinze kubona dosiye, yabonye mu ijoro ryacyeye, ndetse no kuba yari afite gahunda yo kujya kwa muganga kuko atwite.

Bamwe mu bunganira abaregwa bavuze ko nubwo umwe mu bashinjwa ataburana uyu munsi akazaburana ikindi gihe, bitabuza urubanza gukomeza ndetse binemezwa n’Urukiko, rwemeye ko Captain Peninah Mutoni ajya kwa muganga akazaburana mu cyumweru gitaha tariki 18 Kanama.

Ubushinjacyaha bwahise buzamura indi nzitizi busaba ko bwifuza ko urubanza ruregwamo aba barimo abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda rwashyirwa mu muhezo.

Ibyaha biregwa aba bantu bishingiye ku matike y’indege yaguzwe hakoreshejwe Konti ya Minisiteri y’Ingabo ubwo ikipe ya APR FC yajyaga mu Misiri gukina na Pyramids, muri Nzeri 2024 mu Irushanwa Nyafurika rya CAF Champions League.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku mpamvu z’Umutekano w’Igihugu kuko ibyo baregwa bishingiye kuri Minisiteri y’Ingabo, ndetse no kwirinda ko ibyavugirwamo byawuhungabanya, rwashyirwa mu muhezo.

Umushinjacyaha yavuze ko “nta buryo watandukanya Minisiteri y’Ingabo n’umutekano w’igihugu” Bityo ko bikwiye ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo.

Ni mu gihe bamwe mu baregwa n’ababunganira bo basabaga ko baburanishirizwa mu ruhame, ku buryo haba hagezwe ku bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu bikaburanishirizwa mu muhezo.

Bavugaga ko ibyo bashinjwa bifitanye isano n’umutungo w’Igihugu, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kumenya ibivugirwamo.

Nyuma y’izi mpaka, Urukiko rwa Gisirikare rwemeje ko uru rubanza rufitanye isano n’Urwego rushinzwe Umutekano w’Igihugu, rutegeka ko rushyirwa mu muhezo.

Urubanza iyo rushyizwe mu muhezo, ibyemezo kuri rwo, byo bitangarizwa mu ruhame nk’uko biteganywa n’Itegeko ryerecyeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Ubwo hemezwaga ko urubanza rushyirwa mu muhezo abo rutareba basohowe mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 16 =

Previous Post

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.