Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku munsi w’ibirori by’iyi kipe yo mu Rwanda bizwi nka Rayon Day.

Rayon Day izwi nk’Umunsi w’igikundiro, ni umunsi ngarukamwaka wa Rayon Sports, aho iyi kipe ikora ibirori byo kwerekana abakinnyi izakoresha umwaka wose w’imikino.

Ibi birori biba birimo umukino wa gicuti, abahanzi n’ibindi byo gushimisha abakunzi n’abafana b’iyi kipe ya bakunze kwita Gikundiro.

Ibirori by’uyu mwaka biri kuri uyu Gatanu takiki 15 Kanama 2025 kuri Sitade Amahoro, bizarangwa n’ibikorwa birimo umukino uzahuza Rayon na Yanga SC yo muri Tanzania.

Yanga SC yageze i Kigali ahagana saa 18h40 za Kigali zo kuri uyu wa Gatatu taliki 13 Kanama 2025. Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege, yakirirwe n’abanyamakuru barenga 40 ndetse na bamwe mu bafana ba Rayon Sports, ku buryo Police y’u Rwanda yahise ibwira abazanye n’iyi kipe guhita burira imodoka mu rwego rwo kwirinda umuvundo ku kibuga cy’indege.

Abazanye n’iyi kipe Yanga yaje iyobowe na Perezida wayo Ir Hersi, wazanye n’abakinnyi n’abatoza n’abandi babarirwaga muri 29. Baje bahasanga abandi 11 barimo umuvugizi w’iyi kipe Ally Kamwe , bahageze mu minsi yabanje.

Usibye aba 40, biteganijwe ko abafana ba Yanga bazakoresha inzira y’ubutaka, bakaza n’imodoka zizinjirira ku mupaka wa Rusumo.

Kuri uyu wa Kane tariki 14 Kanama saa 9h30, Yanga izasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Nyuma hazaba ikiganiro n’itangazamakuru kizitabirwa na kapiteni wa Yanga ndetse n’umutoza, nyuma y’aho ikorere imyitozo ku kibuga cy’imyitozo cya Sitade Amahoro.

Mu bindi bikorwa bya Yanga bitarimo umukino wa gicuti, biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane isura umudugudu wubakiwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hagatangwa n’inkunga.

Umwaka ushize wa 2024, ku munsi w’Igikundiro, Rayon Sports FC yari yakinnye na Azam FC na yo yo muri Tanzania mu birori byabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Rayon Day yo ku wa Gatanu tariki15 Kanama ni yo ya mbere izaba ibereye muri Sitade Amahoro ivuguruye.

Rayon Sports FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation cup aho izahura na Singida Black Stars na yo yo muri Tanzania.

Mukeba wayo APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League, na yo yateguye ibirori byiswe ‘Inkera y’Abahizi’ izahuriramo n’amakipe arimo Azam FC (Tanzania), Vipers FC (Uganda), Police FC na As Kigali zo mu Rwanda.

Ku cyumweru taliki 19 Kanama 2025, APR FC izakina na Power Dynamos yo muri Zambia mu mukino wa gicuti uzabera kuri Sitade Amahoro.

Ni mu gihe APR FC izahura na Pyramids mu mikino ya CAF Champions League.

Rayon Sports FC na APR FC zirahiga kugera mu matsinda y’iyi mikino ya CAF, agahigo gafitwe na Rayon Sports FC nk’ikipe rukumbi yo muri Rwanda yakagezeho, ariko na byo biba inshuro imwe gusa.

Perezida wa Rayon yagiye kwakira Yanga

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

Next Post

Hatangajwe igihano gisabirwa uwari Minisitiri w’Ubutabera muri Congo uregwa miliyari 27Frw

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igihano gisabirwa uwari Minisitiri w’Ubutabera muri Congo uregwa miliyari 27Frw

Hatangajwe igihano gisabirwa uwari Minisitiri w’Ubutabera muri Congo uregwa miliyari 27Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.