Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry’Intare’ cyateguwe n’Abakunzi b’ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418 Frw yo kuzayishyigikira mu mwaka w’imikino ugiye gutangira.

Iki gikorwa cyabereye ku Kimihurura ahazwi nko kuri Senior Officers Mess cyitabiriwe n’abarimo abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangajwe imbere na General Mubarakh Muganga wari n’umushyitsi mukuru.

Cyitabiriwe kandi n’Umugaba mukuru w’Inkeragutabara Maj.Gen Alexis Kagame wigeze no kuyobora iyi kipe, Brig.Gen Déo Rusanganwa uyobora APR FC ndetse n’abandi bacuruzi basanzwe bakunda iyi kipe.

Igitekerezo cy’iki gikorwa cyaturutse mu bafana, aho bifuje kugira uruhare rwabo mu buzima bw’ikipe nubwo batayobewe ko isanzwe iri mu biganza byiza bya Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) isanzwe iyimenyera buri kimwe.

Mu bitanze ku barimo Eric Rutayisire usanzwe uyobora Kompanyi ya Betting ya FORZZA wahaye APR FC Miliyoni 100 Frw arimo no kuba iyi kipe azayifasha kwakirira imikino 10 ya shampiyona muri Sitade Amahoro, dore ko ubusanzwe bisaba ubushobozi mu kuhakirira imikino.

Mulefu Richard usanzwe ari Umuyobozi wa APR Basketball Club, yemereye APR FC kuzayiha Miliyoni 50 Frw, Umucuruzi Jacques Rusirare nawe yemereye APR Miliyoni 50 Frw.

Usibye aba kandi, harimo n’abandi bakunzi ba APR FC bitanze bityo haboneka agera kuri Miliyoni 418 Frw mu buryo bufatika, yiyongeraho n’ibindi bikorwa byagiye byemerwa nk’abemeye kuzayiha Sound System izakoresha muri sitade, kugurira abafana amatike, kwishyura ikarita y’ubunyamuryango, kugura umwambaro wa APR FC, ku buryo ubiteranyije byose hamwe n’ayatanzwe byagera hafi kuri Miliyoni 600 Frw.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen. Mubarakh Muganga yashimiye abitabiriye iki gikorwa ahishura ko ari ibintu basabwe kenshi n’abafana bifuzaga kugira icyo bafasha ikipe yabo, ndetse anishimira umusaruro wabonetse.

Gen.Mubarakh Muganga yanabwiye abakunzi ba APR bitabiriye iki gikorwa ko bagomba kugira icyizere cyo gukuramo ikipe ya Pyramids bazahura mu ijonjora rya mbere ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika, yashimangiye ko icyo baburaga ngo bakuremo iyi kipe bakimenye.

Igikorwa cy’Ijoro ry’Intare cyabimburiye icyumweru cy’Inkera y’Imihigo kizatangira ku cyumweru, aho ikipe ya APR FC izakina na Power Dynamos yo muri Zambia, Ku wa Kabiri w’icyumqeru gitaha APR izongera ikine na AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa Kane ikine na Police FC, ubundi ku Cyumweru tariki 24 Kanama APR izasoze ikina na AZAM yo muri Tanzania muri Sitade Amahoro.

Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga yari muri iki Gikorwa
N’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alexis Kagame
Na Chairman wa APR yari ahari
Mulefu wa APR BBC yitanze miliyoni 50 Frw
Regis wahoze ari PS muri MINISPORTS na we yitabiriye uyu mugoroba

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + eight =

Previous Post

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Next Post

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Related Posts

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yahagaritse imikino itatu rutahizamu w’Umurundi Jean Claude Girumugisha ukinira Al Hilal Omdurman, nyuma yo...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.