Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry’Intare’ cyateguwe n’Abakunzi b’ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418 Frw yo kuzayishyigikira mu mwaka w’imikino ugiye gutangira.

Iki gikorwa cyabereye ku Kimihurura ahazwi nko kuri Senior Officers Mess cyitabiriwe n’abarimo abayobozi bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangajwe imbere na General Mubarakh Muganga wari n’umushyitsi mukuru.

Cyitabiriwe kandi n’Umugaba mukuru w’Inkeragutabara Maj.Gen Alexis Kagame wigeze no kuyobora iyi kipe, Brig.Gen Déo Rusanganwa uyobora APR FC ndetse n’abandi bacuruzi basanzwe bakunda iyi kipe.

Igitekerezo cy’iki gikorwa cyaturutse mu bafana, aho bifuje kugira uruhare rwabo mu buzima bw’ikipe nubwo batayobewe ko isanzwe iri mu biganza byiza bya Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) isanzwe iyimenyera buri kimwe.

Mu bitanze ku barimo Eric Rutayisire usanzwe uyobora Kompanyi ya Betting ya FORZZA wahaye APR FC Miliyoni 100 Frw arimo no kuba iyi kipe azayifasha kwakirira imikino 10 ya shampiyona muri Sitade Amahoro, dore ko ubusanzwe bisaba ubushobozi mu kuhakirira imikino.

Mulefu Richard usanzwe ari Umuyobozi wa APR Basketball Club, yemereye APR FC kuzayiha Miliyoni 50 Frw, Umucuruzi Jacques Rusirare nawe yemereye APR Miliyoni 50 Frw.

Usibye aba kandi, harimo n’abandi bakunzi ba APR FC bitanze bityo haboneka agera kuri Miliyoni 418 Frw mu buryo bufatika, yiyongeraho n’ibindi bikorwa byagiye byemerwa nk’abemeye kuzayiha Sound System izakoresha muri sitade, kugurira abafana amatike, kwishyura ikarita y’ubunyamuryango, kugura umwambaro wa APR FC, ku buryo ubiteranyije byose hamwe n’ayatanzwe byagera hafi kuri Miliyoni 600 Frw.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen. Mubarakh Muganga yashimiye abitabiriye iki gikorwa ahishura ko ari ibintu basabwe kenshi n’abafana bifuzaga kugira icyo bafasha ikipe yabo, ndetse anishimira umusaruro wabonetse.

Gen.Mubarakh Muganga yanabwiye abakunzi ba APR bitabiriye iki gikorwa ko bagomba kugira icyizere cyo gukuramo ikipe ya Pyramids bazahura mu ijonjora rya mbere ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane wa Afurika, yashimangiye ko icyo baburaga ngo bakuremo iyi kipe bakimenye.

Igikorwa cy’Ijoro ry’Intare cyabimburiye icyumweru cy’Inkera y’Imihigo kizatangira ku cyumweru, aho ikipe ya APR FC izakina na Power Dynamos yo muri Zambia, Ku wa Kabiri w’icyumqeru gitaha APR izongera ikine na AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa Kane ikine na Police FC, ubundi ku Cyumweru tariki 24 Kanama APR izasoze ikina na AZAM yo muri Tanzania muri Sitade Amahoro.

Umugaba Mukuru wa RDF, Gen Mubarakh Muganga yari muri iki Gikorwa
N’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alexis Kagame
Na Chairman wa APR yari ahari
Mulefu wa APR BBC yitanze miliyoni 50 Frw
Regis wahoze ari PS muri MINISPORTS na we yitabiriye uyu mugoroba

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + sixteen =

Previous Post

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Next Post

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.