Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

radiotv10by radiotv10
16/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kwandika amateka, ahura na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin mu biganiro byari bitegerejwe na benshi, aho impande zombi zavuze ko ibiganiro byabo byagenze neza.

Aba Bakuru b’Ibihugu bitajya imbizi, bahuriye muri Alaska mu ijoro ryacyeye, aho Perezida Trump yakiriwe na mugenzi we Putin.

Ubwo berecyezaga ahabereye ibiganiro, Trump yatwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Limousine itwara Perezida wa US izwi nka ‘Beast’ yaturutse muri America, ndetse ajyana na mugenzi we Putin, aho abasesenguzi bavuga ko Trump atari kugenda mu modoka yo mu Burusiya ku bw’umutekano we.

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi bamaze iminota icumi bari kumwe mu modoka, mu gihe bivugwa ko imodoka yagombaga gutwara Putin yari imutegereje ikaza kugendera aho.

Nyuma y’ibiganiro, Putin yatangije ikiganiro bagiranye n’itangazamakuru atasubijemo ibibazo byinshi by’abanyamakuru bamubazaga ku by’intambara yo muri Ukraine.

Putin yavuze ko iyi nama yamuhuje na mugenzi we Trump, idakwiye gufatwa nk’iy’amateka, ahubwo ko “yari ngombwa” nyuma y’imyaka y’ingorane zatumye badahura.

Yavuze ko ibyo bagezeho kuri iyi nshuro bishobora kuba intambwe nziza iganisha ku nzira yageza ku amahoro muri Ukraine.

Trump ubwo yafataga ijambo, yavuze ko iyi nama, yabaye “Iy’ingirakamaro mu buryo budasanzwe.”

Gusa yatangaje ko hakiri imbogamizi imwe ikomeye cyane yo kugera ku mahoro, ariko ntiyagira byinshi ayitangazaho. Yavuze ko nta mugambi runaka bigeze bumvikanaho, icyakora ko ari bugufi bakagira icyo bageraho.

Trump yizeje ko agiye kugirana ibiganiro n’abo mu Muryango wa NATO ndetse n’Abanyaburayi, kuri gahunda igamije kurangiza intambara imaze igihe muri Ukraine yashojwe n’u Burusiya.

Aba Bakuru b’Ibihugu by’ibihangange, kandi basoje ikiganiro, bavuga ko vuba bazahurira i Moscow, ahategerejwe ibiganiro bizabahuza bombi na mugenzi wabo wa Ukraine.

Mbere yo guhura, Perezida Trump yari yagaragaje ko afite impungenge ko ibiganiro agiye kugirana na Putin bishobora kutagira icyo bigeraho.

Abanyaburayi batari bishimiye iby’uku guhura, bavugaga ko Trump atagomba kugira icyo yumvikanaho na Putin mu gihe ibiganiro byabo bitarimo mugenzi wabo Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine, kuko byaba ari nk’ubugambanyi.

Ubwo Putin yakiraga Trump
Bagiye mu modoka imwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Next Post

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy'ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.