• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakoresha idamu y’amazi ya Cyunuzi mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bararira ayo kwarika nyuma yuko yangiritse, none iri kugira ingaruka ku buhinzi bwabo n’uburobyi bw’amafi, mu gihe Ubuyobozi buvuga ko hari gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke.

Abakoresha iyi damu bavuga ko inzugi zo mu mazi zayo zifunze ku buryo amazi aza akaba menshi agahita ajyenda akangiza ibikorwa byabo.

Nsengiyumva Fulgence yagize ati “Ubundi twororeramo amafi, iyo amazi aje (mu bihe by’imvura) aba menshi ifi zikigendera kubera ko ntabwo bayafunga. Zinyura mu buhumekero bwayo zigahita zigenda.”

Akomeza agira ato “Icyo dusaba rero ni ukudufasha kudukorera uru rugomero inzugi zisubiremo tujye tuba gufungura amazi tunayafunge nk’uko byagendaga.”

Bizimungu Faustin na we ati “Abahinzi b’umuceri turayabona macye ariko nko mu bihe by’imvura iruzura akaba menshi ku buryo ashobora kwangiriza Umuceri.”

Nyuma yuko iki kibazo kigaragarijwe muri gahunda zo kwakira ibibazo, hari itsinda ry’abayobozi b’Akarere ndetse n’aba RAB bari kugiragikurikirana kugira ngo gikemurwe mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe ,Rangira Bruno ati “Hari Abatekinisiye ba RAB baje bafatanya n’ab’Akarere ubu bari kuri terrain kandi bareba kandi bari bufate umwanzuro uduha igisubizo cy’ikibazo kuko ni ibice bibiri twarebaga se ni gute abantu bajya munsi y’amazi munsi Metero 7 bisaba n’ibikoresho kugira ngo ujye munsi y’amazi cyangwa ni gute twavida [gukuramo amazi] igice kimwe kugira ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muyobozi yizeje aba baturage bakoresha iyi damu, ko ibiri gukorwa kugira ngo haboneke umuti w’iki kibazo, bizihuta kugira ngo bakomeze bakore ibikorwa byabo nta mbogamizi.

Aya mazi yabafashaga gukora neza ibikorwa byabo
Basaba ko hakwiye kugira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    9 months ago

    uburyo bwo kubyikorera badategereje undi wese. kubona amazi bigoye kurusha kuyakoresha.murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Next Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.