Monday, August 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakoresha idamu y’amazi ya Cyunuzi mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bararira ayo kwarika nyuma yuko yangiritse, none iri kugira ingaruka ku buhinzi bwabo n’uburobyi bw’amafi, mu gihe Ubuyobozi buvuga ko hari gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke.

Abakoresha iyi damu bavuga ko inzugi zo mu mazi zayo zifunze ku buryo amazi aza akaba menshi agahita ajyenda akangiza ibikorwa byabo.

Nsengiyumva Fulgence yagize ati “Ubundi twororeramo amafi, iyo amazi aje (mu bihe by’imvura) aba menshi ifi zikigendera kubera ko ntabwo bayafunga. Zinyura mu buhumekero bwayo zigahita zigenda.”

Akomeza agira ato “Icyo dusaba rero ni ukudufasha kudukorera uru rugomero inzugi zisubiremo tujye tuba gufungura amazi tunayafunge nk’uko byagendaga.”

Bizimungu Faustin na we ati “Abahinzi b’umuceri turayabona macye ariko nko mu bihe by’imvura iruzura akaba menshi ku buryo ashobora kwangiriza Umuceri.”

Nyuma yuko iki kibazo kigaragarijwe muri gahunda zo kwakira ibibazo, hari itsinda ry’abayobozi b’Akarere ndetse n’aba RAB bari kugiragikurikirana kugira ngo gikemurwe mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe ,Rangira Bruno ati “Hari Abatekinisiye ba RAB baje bafatanya n’ab’Akarere ubu bari kuri terrain kandi bareba kandi bari bufate umwanzuro uduha igisubizo cy’ikibazo kuko ni ibice bibiri twarebaga se ni gute abantu bajya munsi y’amazi munsi Metero 7 bisaba n’ibikoresho kugira ngo ujye munsi y’amazi cyangwa ni gute twavida [gukuramo amazi] igice kimwe kugira ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muyobozi yizeje aba baturage bakoresha iyi damu, ko ibiri gukorwa kugira ngo haboneke umuti w’iki kibazo, bizihuta kugira ngo bakomeze bakore ibikorwa byabo nta mbogamizi.

Aya mazi yabafashaga gukora neza ibikorwa byabo
Basaba ko hakwiye kugira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + thirteen =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Next Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Related Posts

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

by radiotv10
18/08/2025
0

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hasanzwe inka ebyiri zari zaribwe abantu babiri, zatahuwe...

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

by radiotv10
18/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2025-2026 uzatangira tariki 08 z’ukwezi gutaha, inashyira hanze itariki yo kuzatangarizaho amanota y’ibizamini...

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

by radiotv10
16/08/2025
0

Language is more than just a tool for communication. It is an essential part of identity, culture, and belonging. In...

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

Do men have safe spaces too?-Exploring emotional vulnerability, mental Health, and toxic masculinity

by radiotv10
15/08/2025
0

When it comes to conversations about mental health, women’s struggles often receive more attention, but men’s mental health deserves equal...

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

Abagenzacyaha ba RIB bagaragarijwe impamvu ari bo Abanyarwanda bareberaho ishusho y’ubutabera bw’u Rwanda

by radiotv10
15/08/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Emmanuel Ugirashebuja yibukije abakorera Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ko mu itangwa ry’ubutabera ari bo bahura bwa mbere...

IZIHERUKA

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo
FOOTBALL

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

by radiotv10
18/08/2025
0

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

18/08/2025
Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

18/08/2025
Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

18/08/2025
Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

Amakuru agezweho mu biganiro by’i Doha hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

18/08/2025
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

18/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.