Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in MU RWANDA
0
Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Imwe mu nka zari zibwe zigasangwa mu rugo rw'umuturage

Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, hasanzwe inka ebyiri zari zaribwe abantu babiri, zatahuwe nyuma yo kumva muri uru rugo habirira inka kandi abaturanyi bazi ko badafite ubushobozi bwo kuzigura.

Izi nka zafatiwe mu rugo rw’uwitwa Callixte n’umugore babana witwa Esperance, ruherereye mu Mudugudu wa Nyabiranga, Akagari ka Kamanyenga muri uyu Murenge wa Nkanka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Rebero, avuga ko imwe muri izi nka ari iy’uwitwa Uzayisaba Consolée, wari warayibuze muri Mutarama uyu mwaka, mu gihe indi ari iy’uwitwa Hagenimana Joseph, we wayibuze muri Gicurasi uyu mwaka.

Ubwo aba baturage baburaga inka zabo, biyambazaga inzego n’abaturage bagenzi babo, ngo babafashe gushakisha, ariko bakazibura.

Nubwo habonetse izi nka ebyiri ariko, mu bihe bitandukanye, muri aka gace ngo hakomeje kubura inka, ari na byo byatumye inzego n’abaturage bakomeza gushakisha, ari na ko hakorwa iperereza.

Umuturage wahaye amakuru iki kinyamakuru, yavuze ko haje gukekwa urugo rw’uyu witwa Callixte na Esperance, kuko abaturanyi bumvaga habirira inka, ndetse banajya kuzahirira, kandi batazi igihe baba baraguriye ayo matungo ngo kuko nta bushobozi babaziho bwatuma bagura inka.

Uyu wibwe inka ku nshuro ya kabiri yasabye ubuyobozi ko bwamufasha akajya kureba muri uru rugo niba atari ho inka ye yaba iri.

Uwatanze amakuru yagize ati “Ubuyobozi bw’Umudugudu buramuherekeza, bahageze basanga ibimenyetso atanga birahura neza n’iby’iyo nka.”

Uyu mugabo wo muri urwo rugo, yavuze ko atazi uburyo iyo nka yahageze kuko ari umwinjira, avuga ko byabazwa umugore we Espérance basanzwe banafitanye amakimbirane.

Joseph akimara kubona itungo rye, yamenyesheje Consolée wabuze irye muri Mutarama, amubwira ko aha yayikuye yahabonye indi nka ndetse ko yasanze inahaka, ahita yiyambaza ubuyobozi bw’Akagari.

Uwatanze amakuru akomeza agira ati “Na we yatanze ibimenyetso byayo byose, ajyana n’ubuyobozi bw’Umudugudu n’ubw’Akagari kuyireba, bahageze basanga ni iye.’’

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwahise rutangira iperereza, hahita hatabwa muri yombi uyu mugore wo muri uru rugo ndetse n’undi mugabo witwa Anselme, bakekwaho gufatanya mu bujura bw’aya matungo.

Eseperance ukekwaho ubu bujura, yavuze ko uyu mugabo bakoranaga muri ibi bikorwa, yamuzaniraga Inka yabaga yibye akazorora, bagategereza ko zibyara bakagurisha imbyeyi cyangwa zaba ari ibimasa bakabigurisha bimaze gukura.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Ntivuguruzwa Gervais wavuze ko aba bantu babiri batawe muri yombi, ubu bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

Yagize ati “Iperereza rirakomeje ngo aya makuru amenyekane neza, cyane cyane ko umugabo avuga ko uko zahageze atabizi, byabazwa umugore, umugore ntashake gutanga amakuru yuzuye ngo ukuri kumenyekane, hategerejwe icyo azabwira ubushinjacyaha.”

Ivomo: Rebero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.