Monday, August 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Sano Olivier uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, wamaze no kwinjira mu kubwiriza ijambo ry’Imana, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we bitegura kurushingana, nyuma y’imyaka itandatu asezeranye mu Murenge n’uwari umukunzi we ariko ntibabane bakaza no gutandukana.

Muri Kanama 2019, inkuru ya Sano Olivier na Uwera Carine uzwi nka Cadette, iri mu zagarutsweho cyane mu myidagaduro yo mu Rwanda, aho urukundo rw’aba bombi bari bamaze gusezerana imbere y’amategeko, rwajemo kirogoya.

Ni mu gihe hari hategerejwe ubukwe bwabo mu mpera z’uwo mwaka mu kwezi k’Ukuboza 2019, ariko ntibwatashye kuko baje gutandukana, aho umukobwa yashinjaga umusore kumuhemukira akamubabariza umutima.

Amakuru agezweho ubu, ni uko Sano Olivier yamaze gusezerana n’umukunzi we mushya Irene ndetse hakaba hagiye hanze inyandiko igaragaza igihe bazasezeranira mu itorero.

Mu mashusho, uyu muhanzi Sano yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza yasezeranye n’umukunzi we Irene, ndetse bamwe mu nshuti ze bakaba bamwifurije ishya n’ihirwe kuri iyi ntambwe nziza yateye.

Hanagiye hanze kandi inyandiko y’ubutumire bw’ubukwe bwe bw’uyu muhanzi, igaragaza ko buzaba tariki 21 Kanama 2025, aho bazasezeranira mu rusengero rwa City Reach Church ruri Kimironko mu Mujyi wa Kigali, aho bivugwa ko nyiri ubwite basabye inshuti zabo kudashyira hanze iyi nyandiko.

Muri Kanama 2019, ubwo inkuru ya Sano yagarukwagaho cyane, hagiye hanze amajwi ya Cadette wari umukunzi we uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yavugagamo ko uyu bari basezeranye yamuhemukiye kandi yari yaramuhaye byose n’imitungo myinshi, akanamukoresha amakosa amujyana gusezerana mu Murenge.

Uyu muhanzi we yahakanaga ibyo yashinjwaga na Cadette, aho yavugaga ko “ibyo yavuze byose ni ibinyoma.”

Sano Olivier ugiye kurushinana na Irene, yaninjiye mu kubwiriza ijambo ry’Imana, akaba kandi asanzwe ari umushabitsi mu bucuruzi bw’imyenda.

Sano Olivier aherutse gusezerana n’umukunzi we bagiye kurushingana

Muri 2019 yari yasezeranye na Cadette ariko ntibyabahira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + twelve =

Previous Post

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Next Post

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Related Posts

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

Uko ubukwe bw’umuhanzi ukunzwe muri Uganda ufite inkomoko mu Rwanda bwagenze

by radiotv10
16/08/2025
0

Umuhanzi Levixone w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana uri mu bakunzwe muri Uganda, akaba afite inkomoko mu Rwanda, yasezeranye Imbere...

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Umunyamakuru Nepo Dushime bita ‘Mubicu’ uzwi mu biganiro bya siporo no kogeza imipira, yerecyeje ku kindi gitangazamakuru nyuma yo gutandukana...

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

Over the years, Rwanda’s dance culture has gone through an exciting transformation. What once started as traditional moves like Amaraba,...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
11/08/2025
0

Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa byo gususurutsa abantu, biravugwa ko yatawe muri yombi akekwaho gutwara ikinyabiziga...

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

by radiotv10
07/08/2025
0

Umuhanzi Confy yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya ‘Gumaha’ yakoranye na Chiboo uri mu bagenzweho, igaragaramo aba bahanzi gusa, itarimo undi...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

by radiotv10
18/08/2025
0

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

18/08/2025
Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

18/08/2025
Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

Umuhanzi Nyarwanda wigeze gusezerana n’uwari umukunzi we bagatanduna agiye gukora ubukwe

18/08/2025
Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

Uko mu rugo rw’umuturage hatahuwe inka zari zaribwe zirimo iyari imaze amezi umunani yarabuze

18/08/2025
Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

Haravugwa uruhande ruri gukoresha intwaro ziremereye mu mirwano ya AFC/M23 na FARDC n’abayifasha

18/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n'uwari umutoza wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda basimbuye bagenzi babo muri Sudani y’Epfo bagaragarijwe ibyo bazakora

Abagore bo muri EAR bibukijwe igisobanuro cya nyacyo cy’uburinganire hanahwiturwa abaryumvise nabi

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.