Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida Zelenskyy wa Ukraine yakuyeho urujijo ku bakekaga ko adashaka kuzahura na Putin
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yagaragaje ko afite ubushake bwo kuzahurira mu biganiro bizamuhuza na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, na Vladimir Putin wu Burusiya, bigamije guhagarika intambara imaze igihe.

Zelenskyy yagaragaje ubu bushake kuri uyu wa Mbere ubwo yakirwaga na Perezida Trump, aho uyu Mukuru w’Igihugu cya Ukraine yari aherekejwe n’abayobozi banyuranye bo mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi barimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Perezida Trump wakiriye aba bayobozi nyuma y’iminsi micye ahuye na mugenzi we Putin w’u Burusiya i Alaska, bakemeranya ko bazongera bagahura vuba, yavuze ko yizeye ko Perezida wa Ukraine azitabira ibiganiro bizabahuza na Putin.

Yagize ati “Ndakeka buri kimwe kiri kugenda neza kugeza ubu, tuzagira inama y’Abakuru b’Ibihugu batatu, kandi ndizera ko hazaboneka amahirwe yo kurangiza intambara igihe tuzaba twabikoze.”

Perezida Zelenskyy, noneho wari waje yacishije macye bitandukanye n’uko byagenze ubwo yaherukaga kwakirwa na Trump muri Gashyantare uyu mwaka, kuri iyi nshuryo yumvikanye inshuro nyinshi amushimira, uburyo Igihugu cye cyababaye hafi, icyakora avuga ko na n’ubu Abanya-Ukraine bacyugarijwe.

Yagize ati “Umunsi ku munsi turi kuba mu buzima bw’ibitero. Murabizi ko n’uyu munsi hari ibitero byinshi byakomerekeje abantu benshi. Hari n’umwana wahasize ubuzima, umwana muto ufite umwaka umwe n’igice.”

Yakomeje agira ati “Rero turifuza guhagarika iyi ntambara, guhagarika u Burusiya. Kandi turifuza korohereza abafatanyabikorwa bacu b’Abanyamerika n’Abanyaburayi, ku buryo tuzakora uruhare rwacu.”

Perezida wa Ukraine yagaragaje ko afite ubushake bwo kuzitabira ibiganiro bizamuhuriza hamwe na Putin na Trump bigamije guhagarika iyi ntambara.

Mu biganiro Trump aherutse kugirana na Putin mu cyumweru gishize, ubwo bari bahumuje ikiganiro bagiranaga n’itangazamakuru, Perezida w’u Burusiya, yizeje Trump ko na we bazahurira i Mascow mu gihe cya vuba.

Abayobozi b’Abanyaburayi bari baherekeje Zelenskyy, bose bagaragaje ko bifuza ko iyi ntambara ihagarara, kuko ingaruka imaze gusiga zitagira ingano, bityo ko igihe kigeze ngo ihagararare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Next Post

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.