Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira
Share on FacebookShare on Twitter

General Jean Bosco Ndayikengurukiye uri mu bagize uruhare mu ishingwa ry’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, afuniye muri Gereza ya Mpimba ashinjwa gucuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko ibikomoka kuri Peteroli akekwaho gukura muri DRC.

Amakuru y’ifungwa rya Jean Bosco Ndayikengurukiye dukesha ikinyamakuru SOS Medias Burundi, avuga ko nk’uko bitangazwa n’abo mu muryango we, akurikiranyweho gucuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko ibikomoka kuri Peteroli.

Nta tangazo ry’urwego urwo ari rwo rwose rwa Leta rirashyirwa hanze ku ifungwa ry’uyu munyapolitiki, gusa bivugwa ko hari abandi bantu na bo bahuje ikirego nk’icye.

Amakuru avuga kandi ko uyu mugabo wafunzwe ku wa Kane w’icyumweru gishize, atigeze anyuzwa muri kasho iyo ari yo yose, ahubwo ko yahise ajyanwa muri Gereza Nkuru ya Mpimba wenyine adafunganywe n’abo bahuje ikirego.

U Burundi bumaze amezi 56 bufite ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri Peteroli, cyatumye ubwikorezi n’ingendo z’ibinyabiziga muri iki Gihugu bizahara.

Ibi byatumye mu mwaka ishize bamwe mu bafite ibikorwa runaka n’abacuruzi bafata icyemezo cyo kujya gushakira ibikomoka kuri peteroli muri DRC no muri Tanzania, kugira ngo babicuruze mu Burundi, aho Ndayikengurukiye we yacuruzaga ibyo yakuraga muri Congo nk’uko byatangajwe n’Ubushinjacyaha.

Uyu mugabo na bagenzi be baregwa ibirego bimwe, bashinjwa guhungabanya ubukungu bw’Igihugu kubera ubu bucuruzi butanyuze mu mucyo.

Ndayikengurukiye wahoze ari umwe mu basirikare bakuru mu Gisirikare cy’u Burundi, yari yahunze Igihugu muri 2015 ubwo yanenganga manda ya gatatu y’uwahoze ari Perezida w’iki Gihugu, Pierre Nkurunziza.

Muri 2021 yari yahungutse, asubira mu Gihugu cy’u Burundi nyuma yuko abisabwe na Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye amwizeje ko azabona amahoro.

Jean Bosco Ndayikengurukiye ubu afungiye muri Gereza ya Mpimba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + twelve =

Previous Post

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Next Post

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
26/10/2025
3

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

25/10/2025
Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.